Kuva
ku isusuruka ry’umukirigitananga Jabo winjiye ku rubyiniro aririmba indirimbo
zo kuri Album ye “Hinga”, kugeza ku bihangano byaranzwe n’ubuhanga buhanitse
byatambutswaga n’Inganzo Ngari, byari ibyishimo bivanze n’imbamutima.
Umusangiza
w’amagambo Mahirwe Patrick, yanyujijemo ubutumwa bukomeye bwo kwakira
abitabiriye, abashimira kuba bahisemo kwifatanya n’Itorero Inganzo Ngari mu
birori by’umuganura.
Igice cyahinduye
amateka
Mu
gice cya mbere cy’igitaramo, hatambutse ibyaranze igihe cy’Ubukoroni
n’imibereho y’Abanyarwanda mbere y’umwaduko w’abazungu.
Abitabiriye
basubijwe inyuma mu bihe Abanyarwanda bari bahuje Imana, ururimi, igihugu
n’umwami. Binyuze mu ndirimbo, imivugo, ikinamico n’imbyino gakondo,
hagaragajwe uburyo ubukoroni bwatesheje agaciro ubunyarwanda, butandukanya
abari barahujwe n’ubuvandimwe.
Ibyiciro
byombi by’abaririmbyi n’ababyinnyi ba Inganzo Ngari, ari bo “Abaterambabazi”
(abakobwa) na “Indende” (abasore), byashimangiye ko umuco nyarwanda ukiriho
kandi ko usigaye mu maboko meza y’urubyiruko rwiyemeje kuwurinda no
kuwusigasira.
Igitaramo cyarushijeho gukomera ubwo abahanzi Mpano Layan na Cyusa Ibrahim bagaragaraga ku rubyiniro. Mpano Layan, uzwi mu ndirimbo “Urugo ni ukeye” n’iyo aherutse gusohora “Uraho Inyamibwa”, yataramanye n’abitabiriye abinyujije mu bihangano bitanga ubutumwa bwo gusigasira gakondo. Cyusa Ibrahim, nawe ukomoka mu Itorero Inganzo Ngari, yatanze umusanzu we mu gushyushya abantu.
Gutambutsa amateka
binyuze mu rugendo rw’umuco
Iki
gitaramo cyakozwe mu matsinda no mu byiciro bitandukanye byubakiye ku nkuru
y’ubuzima bw’u Rwanda: kuva ku bukoroni, Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza ku
rugendo rw’ubwiyunge n’iterambere igihugu kirimo. Harimo n’uruhare rw’Inkotanyi
mu kugarura amahoro n’icyizere cy’ubuzima.
Binyuze
mu mikino y’uruherekane, ababyinnyi basabye abana n’urubyiruko kugira uruhare
mu kubaka igihugu.
Imvugo
“Sakwe Sakwe bana ba?” yabyinwaga n’abana ariko noneho yakoreshejwe nk’uburyo
bwo gukangurira abantu kugira ubwitange, gukunda igihugu, kugira uruhare mu
miyoborere myiza no gukoresha ikoranabuhanga. Hagarutswe ku bikorwaremezo nka
Nkombo n’ubushobozi bw’iwacu, nk’intangarugero z’iterambere.
Mu
gusoza iki gitaramo, abakitabiriye bahamagariwe gukomeza kuba umwe no gucyura
inganji. Buri wese yasabwe kuzamura ibendera ryari munsi y’intebe ye,
nk'ikimenyetso cyo guharanira gukomeza ibigwi by’u Rwanda.
Mu
bitabiriye iki gitaramo harimo n’abayobozi barimo Ngabo Brave, Umunyamabanga
Uhoraho muri Minisiteri y'Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B.Thierry n'abandi.
“Tubarusha
Inganji” si igitaramo gisanzwe. Ni urugendo rw’amateka, umuseke mushya
w’ubunyarwanda. Binyuze mu buhanzi, ubuhanzi bukwiye, Inganzo Ngari yagaragaje
ko umuco ari wo musingi w’iterambere rirambye.
Itorero
Inganzo Ngari ryambitse umuco ikamba mu gitaramo cy’amateka "Tubarusha
Inganji"
Umuganura
wabaye umwanya wo gusubira ku mizi y’ubunyarwanda, binyuze mu mbyino n’amagambo
yubaka
“Tubarusha
Inganji” yatumye amateka y’u Rwanda atambuka nk’igitabo gifungutse imbere
y’abitabiriye
Abakobwa
b’Itorero Inganzo Ngari, Abaterambabazi, baserutse mu mwambaro wuzuye ishema
ry’umuco
Indende,
icyiciro cy’abasore, bagaragaje ubutwari, ubudacogora n’urugamba rwo gusigasira
gakondo
Mpano Layan yanyuze abitabiriye mu bihangano birata ishema ry’urugo n’inshingano z’umunyarwanda
Cyusa Ibrahim yatumye abari muri Camp Kigali bumva umwuka wa gakondo ubinjira mu mitsi
Ijwi
ry’aba babyinnyi b'itorero ryibukije urubyiruko ko amahoro n’ubwigenge byahenze, bigomba
kurindwa
Sakwe sakwe bana ba? Igice cyigisha urubyiruko ubuyobozi bwiza, ubumwe n’iterambere
“Tubarusha
Inganji” ntiyari igitaramo gusa, ryari isomo rikomeye ry’amateka y’u Rwanda
Mu
myaka 19 Inganzo Ngari imaze, igitaramo “Tubarusha Inganji” cyabaye igicumbi
cy’umurage nyarwanda
Abaterambabazi
baserutse nk’indabyo z’umuco zambaye uburanga n’icyubahiro
Indende
baryohereje urubyiniro mu misambi y’imbyino isobanuye amateka y’igihugu
Imyambaro ya gakondo yiganjemo ibara ry’umweru n’umutuku yatanze ishusho y’ubwiza n’umuco
Ababyinnyi
b’Inganzo Ngari bigishaga n’amaso mbere y’uko bagira icyo bavuga
Imbaga
y’abakunzi b’umuco yuzuye Camp Kigali n’urukundo rw’igihugu
Abitabiriye bagaragaraga mu myambaro y’umuco, berekana ko umuganura ari uw’abanyarwanda bose
Amarira n’ibyishimo byavanze mu maso y’abakuze n’abato bitabiriye “Tubarusha Inganji”
Abarebye
igitaramo n’amaso y’imbere, baremerewe n’inkuru z’ubuzima bw’u Rwanda zitambutswa
REBA HANO IBYARANZE IGICE GISOZA IGITARAMO CY'ITORERO INGANZO NGARI
REBA UKO INTORE Z''ITORERO INGANZO NGARI ZASERUTSE MURI IKI GITARAMO CYIHARIYE
REBA HANO UKO ABAKOBWA B'ITORERO INGANZO NGARI BASERUTSE MURI IKI GITARAMO CYUBAKIYE KU MUCO
AMAFOTO: Ihorindeba Lewis -InyaRwanda.com
VIDEO: Murenzi Dieudonne- InyaRwanda.com