Ni igitaramo kiri mu rugendo ruzwi nka
“Breezy Bowl XX Tour”, aho uyu muririmbyi ari kwizihiza imyaka 20 ishize ashyize
hanze album ye ya mbere yitiriwe ‘2005.
Uru rugendo rwinshi rw’ibitaramo rukaba
rwerekana amateka ye yose mu muziki, kuva ku ndirimbo zatumye azamuka bwa
mbere, kugeza ku bihangano bishya biri kumugira umwe mu bahanzi bakomeye ku
isi.
Igitaramo cyo muri Phoenix cyari cyuzuyemo
ubwitabire bukomeye. Abafana basusurukijwe n’abahanzi b’imena Summer Walker na
Bryson Tiller, mbere y’uko Chris Brown afata urubyiniro.
Uru rugendo rwe rwerekana ibice
bitandukanye by’ubuzima bwe mu muziki: “The Rise” (aho yatangiriye), “The Fall”
(ibihe bikomeye yanyuzemo), “Fantasy” (indirimbo z’urukundo n’imyidagaduro), na
“Legacy” (umurage asigira abakunzi be).
Chris Brown yanyuze ku bihangano byamamaye
birimo “Run It!”, “Forever”, na “Loyal”, ahuza n’indirimbo nshya zirimo ziri
gukundwa cyane muri iki gihe.
Uburyo yahuje ijwi rye rikomeye,
imyitwarire ye yo kubyina ifite ingufu, ndetse n’uburyo yagezaga inkuru ku
bafana byatumye benshi bavuga ko ari igitaramo kitazibagirana.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda,
Shaffy yavuze ko kwitabira iki gitaramo ari kimwe mu byabahaye amasomo
y’ingenzi.
Ati “Rwari urugendo rw’amasomo kuri
twe, kuko byatweretse intera umuziki wacu tugomba kuwushyiraho. Twabonye
byinshi byo kunoza mu buryo bwo gutegura igitaramo, mu buryo bwo guhuza
n’abafana ndetse no mu myumvire y’uko umuziki ugomba gukorwa ku rwego
rwagutse.”
Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo nka ‘Akabanga’
yashimangiye ko igitaramo cyari nk’ishuri rikomeye ryabafashije kubona uko
umuhanzi mpuzamahanga ategura urubyiniro n’uko akorana n’abakunzi be. Yavuze ko
byamuteye imbaraga zo gukomeza gukora cyane no guharanira kugera ku rwego
nk’urwo.
Igitaramo cya Chris Brown muri Phoenix
cyabaye kimwe mu byerekanye imbaraga z’umuhanzi w’imyaka 20 mu rugendo rwe
rw’umuziki, gihinduka isomo ry’ingirakamaro ku bahanzi bakizamuka nka Shaffy na
Princess Scillah.
Uru rugendo rugaragaza ko kwitabira
ibikorwa by’abahanzi bakomeye ku isi ari kimwe mu bifasha abahanzi kurushaho
kunoza umuziki wabo no kuwugeza ku rwego rwo hejuru.

Shaffy mu byishimo by’igitaramo cya Chris
Brown i Phoenix mu rugendo avuga ko rwai urw’amasomo mu muziki

Twabonye byinshi byo kunoza mu muziki
wacu– Shaffy nyuma yo kwitabira igitaramo cya Chris Brown

Shaffy na Princess Scillah bari kumwe mu
gitaramo cya Chris Brown n'inshuti zabo; urugendo rw’amasomo n’uburyohe bw’umuziki
Abahanzi b’Abanyarwanda Shaffy na Scillah,
mu isomo rikomeye ry’umuziki kuri Breezy Bowl XX Tour

Ubusabane n’ibyishimo – Shaffy na Princess Scillah mu gitaramo kitazibagirana cya Chris Brown i Phoenix
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO SHAFFY YAHURIYEMO NA PRINCESS PRISCILLAH
