Skytrax, ikigo mpuzamahanga kizwi mu gukora ubushakashatsi no gutanga ibihembo mu rwego rw’ingendo zo mu kirere, cyashyize ahagaragara urutonde rwa sosiyete z’indege 10 za mbere muri Afurika muri 2026.
Muri uru rutonde, RwandAir iri ku mwanya wa gatanu, ikaba iri inyuma ya Ethiopian Airlines yaje ku mwanya wa mbere, EgyptAir iri ku mwanya wa kabiri, Air Mauritius ku mwanya wa gatatu na Royal Air Maroc ku mwanya wa kane.
RwandAir kandi yagaragaje umusaruro ukomeye muri uyu mwaka, kuko yashyizwe ku mwanya wa 62 ku rwego rw’isi mu ndege 100 za mbere ku Isi, ivuye ku mwanya wa 65 yari iriho muri 2025.
RwandAir yahawe ikindi gihembo gikomeye
Usibye kuba iri mu ndege eshanu za mbere muri Afurika, RwandAir yanahawe igihembo cy’indege ifite abakozi batanga serivisi nziza ku bagenzi kurusha izindi muri Afurika muri 2026.
Iki gihembo cyatangiwe mu muhango wa Skytrax World Airline Awards wabereye i Londres ku wa 18 Nzeri 2026. RwandAir yaje imbere ya EgyptAir na Ethiopian Airlines muri iki cyiciro.
Skytrax yavuze ko iki gihembo gishingiye ku buryo abakozi b’indege bita ku bagenzi, haba ku bibuga by’indege ndetse no mu ndege.
Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko iki gihembo ari icy’abakozi b’iyi sosiyete, ashimangira ubwitange, ubunyamwuga n’uburyo bakira abagenzi.
RwandAir ikomeje kwagura ibikorwa
RwandAir ifite icyicaro i Kigali, aho ikoresha ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali nk’ihuriro ry’ibikorwa byayo.
Iyi sosiyete ikorera ingendo mu bice bitandukanye bya Afurika, mu Burayi no mu Burasirazuba bwo Hagati. Uretse ingendo ikora ubwayo, ubufatanye bwa codeshare na interline butuma abagenzi bayo babona uburyo bwo gukomeza ingendo zabo mu zindi ndege no kugera ku zindi nzira nyinshi ku Isi.
Kugeza ubu, RwandAir ikoresha indege zirimo Airbus A330, Boeing 737-800NG na Bombardier Q400, ndetse ifite n’indege itwara imizigo.
Sosiyete z’indege 10 za mbere muri Afurika muri 2026
Dore uko sosiyete 10 ziri ku isonga muri Afurika zikurikirana ku rutonde rwa Skytrax:
- Ethiopian Airlines
- EgyptAir
- Air Mauritius
- Royal Air Maroc
- RwandAir
- South African Airways
- Kenya Airways
- FlySafair
- Fastjet
- LIFT.
Ku rwego rw’Isi, Singapore Airlines ni yo yashyizwe ku mwanya wa mbere muri 2026, ikurikirwa na Qatar Airways na Cathay Pacific Airways.
Uru rutonde rwa Skytrax rugaragaza ko RwandAir ikomeje kugira umwanya ukomeye muri sosiyete z’indege zo muri Afurika, cyane cyane mu bijyanye n’imikorere n’uburyo abagenzi bakirwa.



RwandaAir yaje ku isonga muri sosiyete z’indege zitanga serivisi nziza muri Afurika mu mwaka wa 2026

RwandAir iri ku mwanya wa 5 muri sosiyete z'indege za mbere muri Afurika
