Mu itangazo Rwanda Premier League yashyize hanze mu mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko imenyesha abantu bose ko ishingiye ku mabwiriza mu ngingo ya 22 mu gika cyaryo cya 3, yahannye abakinnyi babiri nyuma y'imyitwarire bagaragaje mu mukino w'umunsi wa 27, Etincelles FC yakiriyemo APR FC ku wa Gatandatu tariki 18 Mata 2026 kuri Stade Umuganda.
Yavuze ko aba bakinnyi ari Gédéon Ndonga Bivula wa Etincelles FC waciwe amande y'ibihumbi 200 Frw na Daouda Yussif Seidu wa APR FC waciwe amande y'ibihumbi 100 Frw.
Rwanda Premier League yavuze ko aba bombi bagaragaweho ibikorwa bijyanye n'imihango itinza itangira ry'umukino, bibujijwe n'amabwiriza agenga Rwanda Premier League mu ngingo yayo ya 22 igika cya 3 aho banze kwinjira mu kibuga igihe amakipe yombi yasohokaga mu rwambariro.
Gédéon Ndonga Bivula kandi ngo yagaragaye mu gikorwa giteye urujijo gikorewe ahabona cyo kwisiga ibisa n'ifu mu mutwe bibujijwe n'amabwiriza ya Rwanda Premier League mu ngingo yayo ya 22 mu gika cyayo cya mbere.
Rwanda Premier League yaboneyeho kwibutsa ko mu rwego rwo kubungabunga isura nziza y'irushanwa no kuzamura urwego rw'ubunyamwuga, itazihanganira imigenzo iyo ari yo yose ibangamira imigendekere y'umukino, iteye urujijo, itesha igihe cyangwa ishobora guteza amakimbirane harimo ikoreshwa ry'imiti itemewe mu buvuzi bwa siporo n'ibindi bifitanye isano bitemewe.

Itangazo rya Rwanda Premier League
