Mu ntangiriro z'iki cyumweru,Iradukunda Jean Bosco uherutse kwica umugore n'umwana we yaburanishirijwe mu ruhame ahabereye icyaha akekwaho . Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cya burundu .
Ku wa mbere tariki ya 6 Ugushyingo 2023 ni urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwaburanishije ahabereye icyaha mu Mudugudu wa Kanyangese , Akagari ka Nyabubare Umurenge wa Karenge Akarere ka Rwamagana uwitwa Iradukunda Jean Bosco ku cyaha cy’ ubwicanyi buturutse ku bushake.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 22/09/2023 saa munani z’ijoro uwitwa Iradukunda Jean Bosco yizanye kuri Polisi Station ya Karenge aje gutanga amakuru ko yishe umugore we n’umwana we akaba yarabiciye mu rugo abamo aho akora akazi k'izamu, umugore amwatse amafranga arayamwima baratongana nyuma bararwana aza Kubica
Urubanza ruzasomwa ku wa 23/11/2023 saa munani zuzuye. Naramuka ahamwe n’icyaha azahanishwa igihano cy' igifungo cya burundu nk’uko biteganywa n’ ingingo ya 107 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Iradukunda Jean Bosco yakoraga akazi ko kurara izamu ku nzu yubakwaga ariho yaciye umugore wari usanzwe afite umugabo mu mpera z'ukwezi kwa Nzeri 2023 , Umunyamabanga Nshingwabikowa w'Umurenge wa Karenge Bahati Bony yabwiye InyaRwanda .com ko Iradukunda Jean Bosco ariwe wijyanye kuri Polisi avuga ko yishe umugore yari amaze gusambana nawe.