Ruzahuza abantu bose – Minisitiri Nkulikiyinka ku hazaza h’urubuga ‘Ingazi’ rufitemo ikoranabuhanga rya AI

Amakuru ku Rwanda - 21/10/2025 6:41 PM
Share:

Umwanditsi:

Ruzahuza abantu bose – Minisitiri Nkulikiyinka ku hazaza h’urubuga ‘Ingazi’ rufitemo ikoranabuhanga rya AI

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Christine Nkulikiyinka, yatangaje ko urubuga Ingazi ruzakomeza kuvugururwa no kwagurwa, rukarushaho gufasha Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko kubona amahirwe yo kwiga, kwihugura no kubona akazi, hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho ririmo n’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI) ryashyizwemo.

Ibi yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ukwakira 2025, mu muhango wabereye muri Kigali Serena Hotel, witabiriwe n’abafatanyabikorwa batandukanye ndetse n’abahagarariye inzego za Leta n’iz’abikorera, mu rwego rwo kuganira ku cyerekezo n’imikorere ya ‘Ingazi Platform’.

Iyi nama yiswe “Ingazi Stakeholder Engagement Luncheon” yari igamije gushyira imbaraga mu guteza imbere urubyiruko binyuze mu myuga, ubucuruzi n’akazi.

Ingazi ni urubuga rw’ikoranabuhanga rugamije guhuza urubyiruko n’amahirwe yo kwiga ubumenyi ngiro, kwihangira imirimo no kubona akazi. Si umushinga wigenga, ahubwo ni ihuriro rihuza gahunda zitandukanye zifasha urubyiruko mu iterambere ry’imibereho n’ubukungu.

“Ingazi izafasha buri wese kumenya aho ahagaze n’uko yagera ku nzozi ze”

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Minisitiri Nkulikiyinka yavuze ko urubuga Ingazi ruriho serivisi zitandukanye zirimo no guhuza abashaka akazi n’abagatanga, ndetse ko hazakomeza gushyirwamo ibishya bijyanye n’igihe.

Yagize ati: “Ingazi ni urubuga ruhuriyemo ibintu byinshi. Abazajya biyandikisha bazajya bahasanga amasomo abafasha kwiyungura ubumenyi, ndetse rugire n’uburyo bubafasha kumenya icyerekezo cyabo. Urugero, umuntu ashobora kwibaza ati ‘Nshaka kuba umuganga, biransaba iki?’ – Ingazi izajya igufasha kubona inzira ugomba kunyuramo ukiri muto kugira ngo ugere ku ndoto zawe.”

Yakomeje avuga ko uru rubuga ruzajya rufasha no guhuza abashaka akazi n’abagatanga, aho AI izajya isuzuma amakuru akagaragaza amahirwe ahari.

Ati “Urugero, niba hari uruganda rutanga akazi, sisiteme (System) izajya ikwandikira ikubwire iti ‘uruganda runaka rurashaka umukozi kandi wujuje ibisabwa’. Ubu buryo buzafasha cyane mu guhuza abantu n’amahirwe atandukanye yo kubona akazi,” 

Minisitiri Nkulikiyinka yavuze ko intego ari uko Ingazi izaba urubuga rusange Abanyarwanda bose bahuriraho, haba mu gushaka amakuru, kwiga, cyangwa gusaba akazi.

Yavuze ati: “Turashaka guhuza imbuga zose ku buryo umuntu avuga ngo ‘ngiye kuri Ingazi’ akahasanga amakuru yose akeneye. Urasaba akazi ka Leta cyangwa ak’abikorera, byose ukabigeraho unyuze kuri Ingazi,”

Yongeyeho ko bitewe n’uko ikoranabuhanga rigenda rihinduka vuba, Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kuvugurura uru rubuga kugira ngo rukomeze gukorana n’igihe.

Yongeyeho ati “Tuzakomeza kuvugurura Ingazi kugira ngo ibe urubuga rujyanye n’iterambere ry’isi, ritange ibisubizo bifatika kandi birambye,”

Urubyiruko rurimo kurukoresha rugasobanukirwa amahirwe ahari

Pascaline, Ambasaderi w'urubuga Ingazi mu Karere ka Gasabo, yabwiye InyaRwanda ko yatangiye gukoresha uru rubuga akimara gusoza amashuri yisumbuye.

Yasobanuye ko yamenye Ingazi ubwo abakozi barwo babasuraga ku ishuri, bakababwira ko hari amasomo menshi ariho umuntu ashobora gukurikirana ku buntu kandi akabona n’icyemezo (Certificate).

Ati “Nashimishijwe n’uko hari amasomo ajyanye na Computer Science, aho nari ngiye kwiga muri kaminuza. Byamfashije kwitegura neza no kumenya ibyo ngomba kongeraho mu bushobozi bwanjye.”

Madamu Lieke van de Wiel, uhagarariye UNICEF mu Rwanda, yavuze ko bazakomeza gufatanya na Guverinoma y’u Rwanda mu guteza imbere iyi gahunda.

Yagize ati: “Ku rwego mpuzamahanga, UNICEF yakoranye n’abafatanyabikorwa gushyira mu bikorwa gahunda nka ‘Global Passport to Earning’ yateje imbere urubyiruko mu bihugu nka India na Nigeria. Ariko icyihariye mu Rwanda ni uko Ingazi ari igisubizo cyahanzwe hano, cyubatswe ku bufatanye n’urubyiruko ndetse gihujwe n’icyerekezo cy’igihugu,”

Iyi nama yabaye n’umwanya wo gusangira ibitekerezo no gutegura uburyo bwo kurushaho guhuza ibikorwa by’abafatanyabikorwa mu rwego rwo kubaka sisiteme imwe, ikora neza kandi irambye.

Abayitabiriye bahurije ku kuba Ingazi ari intambwe ikomeye mu rugendo rwo guha urubyiruko amahirwe angana, n’uburyo bwo guhindura ubumenyi n’ikoranabuhanga mu murongo w’iterambere rirambye ry’igihugu. 


Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Christine Nkulikiyinka yashimangiye ko ubufatanye mu ikoranabuhanga rishingiye ku byo abakoresha bakeneye ari byo bituma uru rubuga rugeraho ku ntambwe ikomeye 


Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga n’Ubuvumbuzi, Bwana Yves Iradukunda, yashimye ubufatanye bukomeye buri gutuma urubuga ‘Ingazi’ rugera ku ntego zarwo, aho ihuza abafatanyabikorwa batandukanye  


Ozonnia Ojielo, uhagarariye Loni (UN) mu Rwanda, yasobanuye Ingazi nk’urubuga rw’icyizere, ikiraro gihuza ubushobozi buri mu rubyiruko rw’u Rwanda n’amahirwe yo kwiteza imbere

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2020, ari mu bitabiriye ibiganiro ku rubuga rwo kuganira ku buryo ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye bushobora guhuza imbaraga mu guteza imbere urubyiruko mu Rwanda binyuze ku rubuga ‘Ingazi’

Umukozi ushinzwe ishami ry’ubucuruzi muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, Ndoli Didas [Uri ibumoso] ari mu batanze ikiganiro gishamikiye ku rubuga ‘Ingazi'


 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...