Ruti
Joel yari mu Bwongereza mu gitaramo gikomeye yakoze ku wa 4 Nyakanga 2025,
cyabereye i Londres aho yari kumwe na Clement The Guitarist, umucuranzi
bakorana bya hafi mu bitaramo by’imbere mu gihugu no hanze yacyo.
Iki
gitaramo cyari cyateguwe mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda baba mu Bwongereza
kwizihiza Umunsi wo Kwibohora, aho uyu muhanzi uzwi cyane kubera Album ye ya
mbere Musomandera, yanyuze benshi mu bihangano bya gakondo bisanzwe bimuranga.
Nyuma
y’icyo gitaramo, Ruti Joel yahise agaruka i Kigali aho yahise yitabira
ibitaramo bikomeye birimo ibyo gufungura iserukiramuco ‘Giants of Africa’,
ndetse no kuririmbana na Lionel Sentore mu gitaramo cyo kumurika Album ye
‘Uwangabiye’, cyabaye ku wa 27 Nyakanga 2025 muri Kigali Conference and
Exhibition Village (Camp Kigali).
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Ruti Joel yavuze ko Album ‘Rutakisha’ ari iya Clement
The Guitarist, ariko ko ari we waririmbye indirimbo 10 ziyigize, zose zikaba
zaratunganyijwe mu buryo bw’amajwi na Clement ubwe.
Yagize
ati “Twamaze kurangiza igice cy’akazi ko kuririmba, ubu turi mu myitozo yo
kuziririmba neza ku buryo tuzazishyira hanze mu buryo butunganye. Izina
'Rutakisha' rifite inkomoko ku kivugo ariko kandi rifite igisobanuro
cy’ubutwari.”
Avuga
ko iyi Album yuzuyemo ubutumwa bwo gukunda igihugu, kurinda amahoro, ndetse
hakabamo n’ijyana ya Fusion, gakondo n’iyindi igezweho.
Yanasobanuye
ko indirimbo imwe yo kuri iyi Album yayiririmbiye muri BK Arena mu birori by’iserukiramuco
rya Giants of Africa, ndetse bikaba byari ubwa mbere ayishyira imbere y’abafana
benshi.
Ruti
Joel yavuze ko umwe mu mitako n'ibikoresho bizagaragara mu mashusho y’indirimbo
‘Rutakisha’, ari inkweto ya Converse (All Stars) yahawe na Ambasaderi Busingye
nyuma y’igitaramo cyabereye mu Bwongereza.
Yagize
ati: “Yampaye impano irimo ibintu byinshi, kimwe muri byo ni inkweto ya
Converse. Nayimanitse mu nzu yanjye nk'ikimenyetso cy'icyubahiro, kandi
izagaragara mu mashusho y’indirimbo ‘Rutakisha’ itarajya hanze. Nahise nyibika
neza kugira ngo hatazagira uyinyiba.”
Uyu
muhanzi yagaragaje ko Ambasaderi Busingye yamweretse urukundo n’ubwitange,
ndetse akanamuherekeza ku kibuga cy’indege amuha impamba y’urugendo, akagaruka
mu Rwanda amahoro.
Ruti
Joel avuga ko ubufatanye bwe na Lionel Sentore bwaturutse ku biganiro bagiranye
mu gihe bari mu Bubiligi. Yagize ati: “Kumva ijwi rya Jules, irya Lionel, irya
Charles, bituma niyumva ukundi kuntu. Buri wese afite umwihariko n’umunezero
atanga.”
Album ‘Rutakisha’ itegerejwe na benshi, izaba igihangano gikubiyemo ubutumwa bwimbitse ku muco, ubutwari no gukunda igihugu, mu buryo bugezweho ariko bwubakiye ku mizi ya gakondo.
Ruti
Joël Ruti Joel hamwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye,
nyuma y’igitaramo cyo kwizihiza kwibohora i Londres
Ambasaderi
Busingye aha Ruti Joel impano irimo inkweto za Converse zizagaragara kuri Album
‘Rutakisha’
Ruti
Joel yashimye Ambasaderi Busingye nyuma y’umwanya udasanzwe bamaze baganira
Ruti
Joel aririmbira imbere y’abitabiriye igitaramo ‘Uwangabiye’ cya Lionel Sentore
Ruti Joel ari kumwe na Clement bakoreye igitaramo gikomeye i Londres mu Bwongereza
KANDA
HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA RUTI JOEL
KANDA
HANO UREBE UKO RUTI JOEL YITWAYE MU GITARAMO CYA LIONEL SENTORE