Ruti Joel yaririmbye, Umusizi Murekatete yegukana Miliyoni – U Rwanda rwizihije umunsi w’ururimi kavukire

Amakuru ku Rwanda - 25/02/2026 6:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Ruti Joel yaririmbye, Umusizi Murekatete yegukana Miliyoni – U Rwanda rwizihije umunsi w’ururimi kavukire

Kuri uyu wa kabiri tariki 24 Gashyantare 2026, u Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga w’ururimi kavukire ku nshuro ya 23 aho umuhanzi Ruti Joel yataramiye abitabiriye ibi borori hanyuma abarimo umusizi Murekatete begukana igihembo.

Ni ibirori byizihijwe ku rwego rw’Igihugu muri sale y’umujyi wa Kigali ndetse no mu ishuri rya Christus Umwami mu karere ka Nyanza aho abitabiriye ibi birori bari biganjemo abana bato mu rwego rwo gukomeza kubatoza gukunda ururimi rwabo kavukire.

Ibi birori byari byitabiriwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Intebe y’Inteko, uwari uhagarariye Minisiteri y’uburezi, abana biga mu ishuri Umuco ryo mu Bubiligi, abanyeshuri biga mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda ndetse n’abandi.

Mu ijambo rye, Minisitiri w’urubyiruko n’iterambere ry’ubuhanzi yasabye abantu bose gukomeza gusigasira Ikinyarwanda ndetse no gukosora abavuga nabi nkana Ikinyarwanda byumwihariko ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati “Hari abantu bari ku mbuga nkoranyambaga bafata umwanya bakigisha Ikinyarwanda, bakosa bakabigira inama, ariko harimo abantu b’ibifura badakunda gukosorwa. Ndagira ngo nkoreshe iyi ndangururamajwi nsabe abantu bakomeza kwigisha ikinyarwanda ku mbuga nkoranyambaga kudacika integer. Kwigisha ni uguhozaho hanyuma ibifura n’abadashaka kwiga baba babibonye bakigiza nkana.”

Yavuze ko kuvuga neza Ikinyarwanda bitavuze ko utari umusirimu. Ati “Kuba umusirimu ntibisobanura kwibagirwa uwo uriwe, ntibisobanura gusiribanga umuco wawe.”

Ruti Joel wataramiye abitabiriye ibi birori, yavuze ko kugoreka Ikinyarwanda nkana ataribyo bigira umuntu umusirimu ahubwo ko kuvuga neza Ikinyarwanda, ukamenya no kuvuga neza izindi ndimi bigira agaciro kuruta kuvangavanga.

Agaruka ku bushakashatsi Inteko y’Umuco yakoze mu turere twose tw’Igihugu mu 2025, Amb. Masozera Robert yavuze ko ubushakashatsi bwagaragaje ko 94% by’Abanyarwanda bemera ko Ikinyarwanda ari ururimi rwabo kavukire kandi barufata nk’ikirango cy’Ubunyarwanda.

Yongereye ko ariko ku rundi ruhande, ubwo bushakashatsi bwagaragaje ibibazo bikigaragara bibangamiye Ikinyarwanda, birimo:

1    Kugoreka cyangwa gukoresha nabi Ikinyarwanda.

2Ikibazo cyivangandimi aho byagaragaye ko mu Mujyi wa Kigali, 73% byabakoresha Ikinyarwanda bakivanga nizindi ndimi.

3   Ikibazo cyo guhinyura Ikinyarwanda.

Muri ibi birori, hahembwe abahize abandi mu marushanwa ya videwo y’umunota umwe, umuntu asobanura imikoreshereze myiza y’Ikinyarwanda.

Ku manota 90.2%, videwo ngufi y’umusizi Murekatete Claudine yahize izindi mu marushanwa ya videwo ngufi yiswe 'Umunota w’Ikinyarwanda. Yegukana igihembo cy'amafaranga 1,000,000 Frw.

Ku mwanya wa 2 haje videwo ya TWAGIRAMUNGU Charles, yagize amanota 85.2% yegukana igihembo cy'amafaranga 700,000 Frw.  

Naho umwanya wa 3 wegukanywe na videwo ya Eric NSABIMANA yagize amanota 81.6% yegukana igihembo cy'amafaranga 500,000 Frw.

Minisitiri Utumwatwishima yasabye urubyiruko kutavanga indimi no kunoza Ikinyarwanda 

Intebe y'Inteko, Amb Robert yavuze ibyavuye mu bushakashatsi Inteko y'Umuco yakoze 

Umusizi Murekatete Claudine yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya 'Umunota w’Ikinyarwanda'

Dogiteri Nsabi yegukanye umwanya wa gatatu

Bamwe mu bana baturutse mu Ishuri Umuco ryo mu Bubirigi bitabiriye uyu munsi

Ruti Joel yataramiye abitabiriye ibi birori byo kwizihiza umunsi wahariwe ururimi gakondo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...