Ruti Joël umwaka wa 2024 yawugeneye Perezida Kagame bituma azasohora indirimbo yamuhimbiye gusa

Imyidagaduro - 06/06/2024 9:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Ruti Joël umwaka wa 2024 yawugeneye Perezida Kagame bituma azasohora indirimbo yamuhimbiye gusa

Umuhanzi mu njyana gakondo, Ruti Joel yatangaje ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze indirimbo ye nshya yise “Mukota " yahimbiye Pereza Kagame mu rwego rwo kumushyigikira mu rugendo rw’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka.

Ku wa 26 Ukuboza 2023, nibwo Ruti Joel yakoze igitaramo gikomeye yamurikiyemo Album ye ya mbere yise “Musomandera " cyabereye mu Intare Conference Arena.

Ni Album yari yashyize hanze muri Mutarama iriho indirimbo 10 zitsa cyane ku muco. Album ye igizwe n’indirimbo zirimo; Rwagasabo, Musomandera, Ibihame, Nyambo, Gaju, Cunda, Akadege, Amaliza, Murakaza n’Ikinimba.

Kuva icyo gihe, yitabiriye ibikorwa birimo Rwanda Day, ndetse ari mu bahanzi baririmbye mu gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nyuma yajyanye na Massamba Intore mu gitaramo yakoreye muri Uganda, aho yataramiye Abanyarwanda n’abandi batuye muri iki gihugu.

Uyu muhanzi ubu ari kwitegura kuzataramana na Cyusa Ibrahim mu gitaramo cye yise ‘Migabo Live Concert’ kizaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Kamena 2024 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Kamena 2024, Ruti Joel yavuze ko muri uyu mwaka yagabanyije ibikorwa mu rwego rwo kwitegura neza ibyo ashaka kuzagaragariza abanyarwanda, ariko kandi ari no gukora ku ndirimbo yahimbiye Perezida Kagame.

Asubiza ikibazo cy’umunyamakuru wa InyaRwanda, Ruti Joel yumvikanishije ko uyu mwaka wa 2024 yawugenewe Perezida Kagame, bituma nta y’indi ndirimbo azasohora, uretse iyo yamuhimbiye.

Ati “Uyu mwaka kuri njyewe nawugeneye Umukuru w’Igihugu kubera ko hari n’indirimbo namuteguriye ngiye gusohora vuba yitwa ‘Mukota’."

Nubwo bimeze gutya ariko, avuga ko ari gukora kuri Album ye ya kabiri nubwo atazi igihe azayishyirira hanze. Ati “Hanyuma Album ya Kabiri nayo ndi kuyikoraho, ariko sinzi igihe nzayirangiriza, naba ngiye kubeshya."

Ruti ni umusore w’urubavu ruto wakuriye iruhande rwa Massamba Intore na Jules Sentore bamuharuriye urugendo rw’umuziki we. Byasembuwe no kuba umwe mu bagize Gakondo Group n'itoreri Ibihame anywana n’umuco kuva ubwo.

Ijwi ry’uyu musore ryumvikanye mu ndirimbo ‘Diarabi’ yakoranye na Jules Sentore ndetse na King Bayo witabye Imana.

Ni indirimbo nawe avuga ko yamwaguriye amarembo y’umuziki, abatari bamuzi batangira kubazanya ngo uwo musore ni nde w’ijwi ryiza!

Muri Gashyantare 2019 yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘La vie est belle’ yasubiyemo y’umuhanzi w’umunyabigwi mu muziki Papa Wemba. Iyi ndirimbo yumvikana mu rurimi rw’Igifaransa n’Igiswahili.

Uyu musore avuga ko gukurira muri Gakondo Group byamufashije kumenya kubyina no guhamiriza mu Ibihame Cultural Troupe yigiramo imibyinire gakondo n’ibindi.

Urugendo rw’umuziki we yarushyigikiwemo na Masamba Intore wamuhaye album z’indirimbo ze azigiraho kuririmba ndetse ngo rimwe na rimwe bakoranaga imyitozo yo kuririmba.


Ruti Joël yatangaje ko umwaka wa 2024 yawugeneye Perezida Kagame, biri mu mpamvu muri iki gihe ashyize imbere kurangiza indirimbo yamuhimbiye


Ruti yavuze ko nubwo bimeze gutya ariko ari gukora kuri Album ye ya kabiri

KANDAHANO UREBE IKIGANIRO RUTI JOEL AVUGA KU NDIRIMBO YAHIMBIYE PEREZIDA KAGAME

"> 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...