Iki gitaramo kizaba ku wa 26 Nzeri
2026, kibere muri Kigali Universe, aho abakunzi b’umuco n’umuziki gakondo
bazahurira mu mugoroba wiganjemo indirimbo, ubuhanzi n’ubutumwa bushingiye ku
Rwanda n’amateka yarwo.
Abateguye iki gitaramo bavuga ko
atari umwanya wo kwidagadura gusa, ahubwo ko ari n’umwanya wo kongera
gukundisha abantu umuco nyarwanda, by’umwihariko urubyiruko, no kubibutsa
agaciro ko kumenya amateka n’umuco by’igihugu.
Charles Mwafurika, umwe mu bagize
Itorero Indashyikirwa, yabwiye InyaRwanda ko igitekerezo cy’iki gitaramo ari
ugufasha Abanyarwanda kwinjira mu cyumweru cyahariwe gukunda Igihugu,
babinyujijemo mu buhanzi gakondo.
Yagize ati: “Ni igitaramo kigamije
kwinjiza Abanyarwanda mu cyumweru cyo gukunda Igihugu.”
Mwafurika yavuze ko ibitaramo
bishingiye ku muco n’umuziki gakondo bifite uruhare mu kongera gutuma abantu
b’ingeri zitandukanye basubira ku muco wabo, bakawumenya kandi bakawukunda.
Ati: “Ibitaramo gakondo bifasha
kongera gukumbuza abantu umuco wacu no kwigisha amateka y’igihugu cyacu, cyane
cyane mu rubyiruko. Tubahamiriza ko nta cyiza nko kumenya aho tuvuka.”
Ruti Joël ni umwe mu bahanzi
b’Abanyarwanda bazwiho guha umwanya ukomeye umuziki gakondo, akawusangiza
abakunzi b’umuziki mu buryo bujyanye n’ibihe.
Mu myaka amaze mu muziki, yakoze
imishinga y’indirimbo yagiye imwongerera abakunzi, irimo Album “Rutakisha”
yakoranye na Clement Guitarist ndetse na “Musomandera”, yamuritse mu gitaramo
cyabaye mu 2023.
Mu bihangano bye byamenyekanye
harimo “Cunda”, “Rasana”, “Rumata”, “Igikobwa” na “Ngwino Mama”, hamwe n’izindi
ndirimbo zagiye zigaragaza umwimerere w’injyana gakondo.
Inganzo ya Ruti Joël kandi ifitanye
isano ikomeye n’umuryango we, kuko yagiye agaragaza ko umuco n’indirimbo
gakondo yamenye mu buryo bwimbitse yabigizemo uruhare rukomeye umubyeyi we,
cyane cyane nyirakuru.
Mu gitaramo cyo kumurika Album ye
“Musomandera” mu 2023, nyirakuru wa Ruti Joël yanagaragaye aririmbana na we mu
ruhame, ibintu byagaragaje uburyo umuziki gakondo ufite umwanya wihariye mu
mateka y’umuryango we.
Nyirakuru wa Ruti Joël yaje kwitaba
Imana mu 2025, ariko ibyo yamutoje n’indirimbo yamutoje gukunda bikomeje kuba
igice cy’urugendo rw’ubuhanzi bwe.
Itorero Indashyikirwa na ryo rimaze
kumenyekana mu bikorwa bishingiye ku muco, umuziki gakondo n’ubutumwa
bukangurira Abanyarwanda gukunda igihugu no guha agaciro amateka yabo.
Abagize Indashyikirwa Iganze
Gakondo bazwi mu ndirimbo zirimo “Gakondo Iganze” na “Intaramanaguhiga”, ndetse
n’izindi ndirimbo gakondo zakunzwe n’abakunzi b’uyu muziki.
Ni itsinda rikunze kwifashisha
injyana n’inganzo gakondo mu kugeza ku bantu ubutumwa bushingiye ku muco
nyarwanda, urukundo rw’igihugu n’amateka, ari na byo bizaba ku isonga mu
gitaramo cya “Gakondo Iganze, Umugoroba w’Inkotanyi.”
Kuba Ruti Joël n’Itorero
Indashyikirwa bagiye guhurira kuri uyu munsi, bizatuma abakunzi b’umuziki
gakondo babona umwanya wo kwishimira ibihangano bishingiye ku muco nyarwanda,
mu gihe Abanyarwanda bazaba batangiye Icyumweru cyo Gukunda Igihugu.
Iki gitaramo kandi kiri mu bikorwa bigaragaza uburyo umuziki n’umuco bishobora gukoreshwa mu gukomeza gusigasira amateka no kugeza ku rubyiruko ubutumwa bwo kumenya inkomoko yarwo no guha agaciro umurage w’Abanyarwanda.

Ruti Joel agiye gutaramira muri Kigali Universe mu gitaramo cyahujwe n’Icyumweru cyo gukunda Igihugu

Itorero Indashyikirwa ryamamaye mu
ndirimbo zinyuranye, rivuga ko iki gitaramo kidasanzwe mu rugendo rwabo rw’umuziki
