Iki
gitaramo gitegerejwe na benshi kizaba ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi 2026, kibere
muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, ahasanzwe
habera ibikorwa bikomeye bitandukanye by’imyidagaduro n’ibindi bikorwa bihuriza
hamwe imbaga y’abantu.
Byitezwe
ko kizaba gitandukanye n’ibisanzwe, kuko ku nshuro ya mbere Dj Brianne
azahurira ku rubyiniro rumwe na mugenzi we Tesha, basanzwe bakorana ibiganiro
bizwi cyane kuri YouTube byitwa “Brianne Vlogue”.
Uretse
kuba bazwi mu gutanga ibiganiro, ni ubwa mbere bagiye kugaragara mu gitaramo
cy’urwenya, ibintu byitezweho kuzana umwihariko mushya.
Si
bo gusa bazaba bafite icyo batanga gitandukanye, kuko na Ruti Joel, umuhanzi
uzwi mu njyana gakondo, na we azaba ari ubwa mbere ataramiye muri Gen-Z Comedy.
Ibi byerekana uburyo iki gitaramo kigenda gifungura imiryango ku bahanzi
batandukanye, hatitawe ku njyana cyangwa umwihariko bafite.
Ku
ruhande rw’abanyarwenya, abazasusurutsa abazitabira iki gitaramo ni benshi
kandi basanzwe bazwiho gutanga ibyishimo.
Harimo
itsinda rya MC Kandi na Musa, Clement Inkirigito, Umushumba, Pirate, Rumi,
Muhinde, ndetse na Fally Merci uzaba ari we uyoboye igitaramo.
Naho
Patrick Rusine we, azaba agarutse mu byo gusetsa asanzwe amenyereweho,
akabifatanya n’urugendo rwe rw’itangazamakuru.
Mu
myaka ishize, ibitaramo bya Gen-Z Comedy byagaragaje impinduka ikomeye mu
myidagaduro yo mu Rwanda. Byahaye urubyiruko urubuga rwo kwidagadura, gusabana
no guseka, ibintu byari bikenewe cyane cyane mu buzima bwihuta bwa buri munsi.
Uretse
kuba ari ahantu ho gusetsa gusa, byabaye n’urubuga rwo kugaragaza impano nshya,
ndetse no guhuza abakunzi b’urwenya n’abahanzi mu buryo budasanzwe.
Abitabira
ibi bitaramo bagaragaza ko bibafasha kuruhuka mu mutwe, kwiyibagiza
imihangayiko y’ubuzima bwa buri munsi, no gusabana n’abandi mu mwuka
w’ibyishimo. Ni imwe mu mpamvu Gen-Z Comedy ikomeje gukura no gufata indi ntera
mu myidagaduro y’imbere mu gihugu.
Iki
gitaramo cyo ku wa 7 Gicurasi 2026 gitegerejweho kuzaba ari ikindi cyongera amateka
muri uru rugendo, cyane ko guhuza abahanzi, aba-DJ n’abanyarwenya ku rubyiniro
rumwe bikomeje kuba umwihariko ukurura benshi.

Ku
nshuro ya mbere, Brianne na Tesha bagiye guhurira ku rubyiniro rwa Gen-Z Comedy

Umunyamakuru Rusine agiye kongera kwerekana impano ye mu rwenya

Fally Merci utegura ibi bitaramo, avuga ko kuri iyi nshuro Gen-z Comedy izaba yihariye




