Mu kiganiro yagiranye na Isango
Star, Rutanga yasobanuye uko byabaga
bimeze agikina iyo Rayon Sports yabaga igiye gucakirana na APR FC, amakipe
afatwa nk’amakeba mu Rwanda. Yavuze ko akenshi muri uyu mukino umukinnyi aba
adafite ubwoba bw’umukinnyi mugenzi we bahurira mu kibuga ahubwo ko buba
bushingiye ku gitutu.
Ati: ”Akenshi ntabwo utinya abakinnyi ahubwo ni
igitutu cy’abafana kuko umukinnyi muba muri buhurire mu kibuga n’ubundi. Ahubwo
igitutu cy’ukuntu biba byavuzwe cyane, itangazamakuru, ibintu nk'ibyo ni byo
bigushyushya mu bwonko”.
Yavuze ko ibi bituma iyo umukinnyi adasanzwe
abimemyereye usanga ‘derby’ imugora akaba ari na cyo kibazo Rayon Sports
yahuye nacyo ku mukino iheruka gutsindwamo na APR FC ku mukino wa nyuma wa
Super Cup 2025.
Ati: ”Rero iyo uri umukinnyi utamenyereye ‘derby’
ari nk’ubwa mbere ugiye kuyikina niho
usanga yamunaniye ni na cyo cyagonze Rayon Sports ejo”.
Rutanga Eric yavuze ko iyo Rayon Sports na APR FC zigiye
guhura hombi haba hari igitutu.
Yavuze ko nk’umukinnyi wakiniye amakipe yombi ahaba
hari igitutu cyane iyo yatsinzwe ‘derby’ ari Rayon Sports bitewe n’abafana
benshi.
Rutanga yavuze ko ‘derby’ nta guhangana igifite
ahubwo yabaye ikivandimwe.
Derby ya APR FC na Rayon Sports yaroroshye, ntabwo
bagutsinda ibitego bine ngo ntimunarwane, ntimunagire ute, ngo byorohe kandi
umufana atashye ababaye. Twebwe buri gihe umukino wabagamo kurwana. Derby
yabaye kivandimwe kandi ubundi nta kivandimwe hariya."
Yavuze ko nubwo bo mu gihe cyabo mu kibuga ibintu byabaga bikomeye ariko nyuma y’umukino ko bahuraga bagasangira nta kibazo.

Rutanga abona umukino wa APR FC na Rayon Sports nta guhangana kukirimo
