Polisi y’Umujyi wa London, Metropolitan Police, yatangaje ko Toney ufite imyaka 30, yashinjwe icyaha cyo gukubita umuntu bikamuviramo gukomereka, ndetse akaba azitaba Urukiko rwa Westminster Magistrates’ Court ku wa 24 Nzeri 2026.
Ibyo Toney ashinjwa byabereye mu kabyiniro gaherereye kuri Wardour Street, ku wa 6 Ukuboza 2025. Bukeye bwaho, ku wa 7 Ukuboza, uyu mukinnyi yafashwe n’abapolisi, ariko aza kurekurwa by’agateganyo mu gihe iperereza ryari rigikomeje.
Umuvugizi wa Ivan Toney yabwiye The Athletic ko uyu mukinnyi yashinjwse iki cyaha ariko ko yiteguye kujya imbere y’urukiko akerekana ko ari umwere.
Yagize ati: “Ivan yemera ko yashinjwe. Byamutunguye gusa ategereje guhabwa amahirwe yo kujya mu rukiko no kwisobanura, kugira ngo agaragaze ko nta cyaha yakoze.”
Toney ni umwe mu bakinnyi bari bagize Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza mu gikombe cy’Isi giheruka, ndetse kuri ubu akina muri Saudi Arabia mu ikipe ya Al Ahli.
Uyu rutahizamu ubusanzwe yakuriye mu mupira w’amaguru w’u Bwongereza, aho yatangiriye muri Northampton Town, mbere yo kwerekeza muri Newcastle United na Peterborough United.
Izina rye ryamenyekanye cyane ubwo yakiniraga Brentford yamazemo imyaka ine. Mu mwaka wa 2020-2021, Toney yabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Championship, afasha Brentford kuzamuka muri Premier League nyuma yo gutsinda imikino ya Play-Off.
Muri Brentford, Toney yakinnye imikino 141 atsindamo ibitego 72, mbere yo kuva mu Bwongereza akerekeza muri Saudi Arabia mu 2024.
Kugeza ubu, Toney akomeje gukina muri Saudi Pro League, aho shampiyona nshya iteganyijwe gutangira ku wa 13 Kanama 2026.

Ivan Toney, yashinjwe n’inzego z’ubutabera gukubita no gukomeretsa umuntu
