Ku wa Mbere w’iki Cyumweru ni bwo hagiye hanze
amashusho y’abayobozi ba Rayon Sports bari mu nama baganira ku bijyanye n’imyanzuro
yafatiwe mu nama y’Inteko Rusange. Muri aya mashusho bigaragara ko abari muri iyi nama batari barimo
barumvikana kuri iyi myanzuro ndetse
bigera n'aho Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee ayivamo arigendera
itarangiye.
Rutagambwa Martin uhagarariye akanama nkempuramaka
muri Rayon Sports aganira na SK FM yemeye ko aya mashusho ari we wayashyize hanze ndetse akaba
yarayafashe abo ayafata babizi.
Ati: ”Ayo mashusho rero uwaba ayafite wese ntabwo yaba
ayafite atarayakuye aho nayashyize kuko ni ayanjye njyewe ku giti cyanjye. Nta
wundi wayafashe cyangwa ngo habe hari uwo natumye ngo ayisangize abandi ni njye
ubwanjye wayifashe.
Njyewe ntabwo ndi umuntu uciriritse ushobora gukora
ibintu nk'ibyo. Amashusho yose nafashe
uwo uyabonamo buri wese aba abizi. Amashusho yose nyafata babizi kandi babireba kandi ntabwo gahunda mba
mfite ziba zinyuranye n’igitekerezo dufite”.
Yavuze ko ayo mashusho yayafashe tariki ya 10
z’ukwezi kwa 9 gusa akaba yarayishyize hanze ku wa Mbere w’iki Cyumweru.
Rutagambwa yavuze ko impamvu yayashyize hanze ari
ukubera ko Perezida wa Rayon Sports ahora yiyuburura ndetse agahakana ibyabaye.
Ati: “Njyewe nayisohoye kubera ko umuntu w’umugabo
ahora yiyuburura. Mu kwiyuburura kwe agahakana ibyabaye ndetse agashaka n’abo
abyegekaho mu kubeshya Abareyo. Ejo bundi ajya kuri Radiyo Rwanda
arasabenya, aratukana, abeshya buri kimwe cyose yigira nk’imana ya Rayon Sports”.
Yavuze ko batanga Twagirayezu Thadee ahubwo ari
ukubera amakosa akora ndetse anatanga ingero ku bandi bakoranaga nawe beguye
nabwo kubera aya makosa ye.
Rutagambwa Martin yavuze ko bari barabonye igisubizo
cy’ikibazo cy’amafaranga muri Rayon Sports gusa Twagirayezu Thadee akaba
yarabyivanzemo.
Ati: “Ku bijyanye n’amafaranga twari twabonye
igisubizo kandi twacyumvikanyeho n’uko twagize ibyago no guhura n’umugabo witwa
Thadee aradukoroga.
Umushinga wa Rayon Sports ni igisubizo kirangiza
ibibazo byayo byose. Twari tugiye kubyaza Rayon Sports umutungo wari
kuzayitunga ikaba kompanyi ikomeye cyane ari na cyo abari kuyisenya uyu munsi
barwanya baciye muri Thadee”.
Yavuze ko Abarwanya Rayon Sports babikora banyuze muri Thadee kubera ko ikibazo cy’ubukene
bari barabateze cyari kirangiye.
Rutagambwa Martin yavuze ko ariya amashushoyayashyize hanze kugira ngo yerekane ikibazo bafite icyo ari cyo ndetse ko umuntu wese ufite ubwenge ariya mashusho yamusobanurira.
Rutagambwa yemeye ko ari we washyize hanze amashusho ya Perezida wa Rayon Sports ava mu nama itarangiye