Mu
butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram, Rusine yavuze ibi mu gihe yitegura
kwizihiza imyaka 10 amaze akora urwenya rwo ku rubyiniro (Stand-up Comedy),
agaragaza ko byinshi mu byo yagezeho bwa mbere yabikesheje icyizere Nkusi
Arthur yamugiriye.
Yavuze
ko Nkusi Arthur ari we wamuhaye amahirwe yo gutaramira abantu bwa mbere
nk’umunyarwenya, amufasha gukora igitaramo cye cya mbere gikomeye cya Comedy,
ndetse ko amafaranga ya mbere menshi yinjije muri uru ruganda, arimo na
Miliyoni 1 Frw yahembwe, yayabonye kubera amahirwe yahawe na Nkusi.
Rusine yagize ati: “Mu gihe ngeze hafi kuzuza imyaka icumi nkora
Comedy, ndashaka kubwira Arthur nti ‘urakoze’. Iyo nsubije amaso inyuma, mbona
ko byinshi mu bintu bikomeye nagezeho bwa mbere byabaye kubera ko ari wowe
wabanje kunyizera.”
“Wampaye amahirwe yo gutaramira abantu bwa mbere, gukora igitaramo cyanjye cya mbere cya Comedy, kubona Miliyoni ya mbere nakuye muri Comedy, ndetse unshakira n’akazi kanjye ka mbere kuri Radio.
Urakoze ku cyizere wangiriye, ku mahirwe wampaye no
kuba warabaye umwe mu bantu bagize uruhare mu rugendo rwahinduye ubuzima
bwanjye. Nzahora mbishima, muvandimwe.”
Rusine
yanagaragaje ko amafaranga ya Miliyoni 1 Frw yinjije bwa mbere muri Comedy ari
kimwe mu bimenyetso byerekana uburyo Nkusi Arthur yamubereye umufatanyabikorwa
ukomeye mu rugendo rwe.
Mu
gusubiza ubu butumwa bwuzuyemo ishimwe, Nkusi Arthur yavuze ko yishimiye kuba
yarabaye umwe mu bagize uruhare mu rugendo rwa Rusine, ariko ashimangira ko
impano n’ubushobozi Rusine afite ari byo byatumye agera kure.
Yagize
ati: “Nciye bugufi kandi ndashimira Imana kuba urugendo rwawe rwarateganyijwe,
nanjye nkagira amahirwe yo kuba umwe mu barugizemo uruhare. Icyo navuga ni uko
ubushobozi n’impano wari usanzwe ubifite muri wowe. Nizeye kandi ko hari
byinshi biruta ibi uzageraho. Nanjye ndagushimira ku bucuti bwawe, cyane cyane
ku kuba warambereye inyangamugayo.”
Kuri
ubu, Rusine Patrick ni umwe mu banyamakuru bakorera Kiss FM Rwanda, akaba
n’umwe mu banyarwenya bafite izina rikomeye mu Rwanda.
Ku
rundi ruhande, Nkusi Arthur azwi cyane nk’umwe mu batangije kandi bagateza
imbere ibitaramo bya Seka Live, byagize uruhare rukomeye mu kuzamura urwego rwa
Comedy nyarwanda no guha amahirwe abanyarwenya benshi bageze ku rwego rwo
kumenyekana imbere no hanze y’u Rwanda.
Ubuhamya
bwa Rusine bugaragaza ko inyuma y’intsinzi y’abenshi hakunze kuba hari abantu
bababereye urufunguzo rw’amahirwe ya mbere, kandi kuri we, Nkusi Arthur ni umwe
mu bagize uruhare rukomeye mu rugendo rwe rw’imyaka icumi amaze mu mwuga wa
Comedy.
Patrick
Rusine yashimye mugenzi we Nkusi Arthur wamubereye inzira yo gukora ‘Comedy’
Rusine ari kwitegura kwizihiza imyaka 10 ishize ari mu ruganda rwo gutera urwenya

Rusine ni umwe mu bategerejwe mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyo kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2026
