Rusine ageze kure imyiteguro y’igitaramo cya gatatu - VIDEO

Imyidagaduro - 25/07/2026 7:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Rusine ageze kure imyiteguro y’igitaramo cya gatatu - VIDEO

Mu gihe amaze imyaka irindwi ari umwe mu banyarwenya bafite izina rikomeye mu Rwanda, Rusine Patrick yatangaje ko imyiteguro y’igitaramo cye cya gatatu yise “Inkuru ya Rusine III” igeze kure, ndetse ko abakunzi be badakwiye kugira impungenge kuko kizaba mbere y’uko uyu mwaka urangira.

Uyu munyarwenya, umukinnyi wa filime ndetse n’umunyamakuru wa Kiss FM, amaze kubaka izina rikomeye mu gusetsa no gutanga inkuru zishingiye ku buzima bwa buri munsi azivanga n’urwenya rutuma abantu bisanzura.

Ibitaramo bye byiswe “Inkuru ya Rusine” byamaze kuba ikimenyetso cy’umwihariko we, aho aba asangiza abakunzi be ubuzima bwe mu buryo bw’urwenya, ariko bunatanga ubutumwa.

Rusine aheruka gutaramira abakunzi be ku wa 30 Kanama 2025, mu gitaramo “Inkuru ya Rusine II: From Dude to Daddy” cyabereye muri Institut Français du Rwanda.

Cyari igitaramo cye cya kabiri gikomeye, nyuma y’icya mbere yakoze muri Kanama 2022 i Camp Kigali, aho yari yahurije ku rubyiniro abandi banyarwenya bakunzwe barimo Arthur Nkusi, Fally Merci, Joshua, Zaba MissedCall, Ambasaderi w’Abakonsomateri n'abandi.

Nyuma y’umwaka umwe yongeye gutangaza igitaramo cye bwite, aho yavuze ko ubu ari mu cyiciro cya nyuma cyo kugitegura.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko icyabuze kugira ngo atangaze ku mugaragaro amakuru y’igitaramo atari aho kizabera cyangwa ibindi bijyanye n’imitegurire yacyo, ahubwo ari uko ashaka kubanza gutegura neza ibizaba bikigize.

Yagize ati: "Igitaramo 'Inkuru ya Rusine' kiri hafi. Ahubwo n'uko hari ibintu bitarakunda ngo mbitangaze ku mugaragaro neza. Kandi ibyo ntabwo bifite aho bihuriye n'aho igitaramo kizabera, ahubwo njye mbere yo gutangaza igitaramo ngomba kuba mfite nibura One Man Show ebyiri zanditse neza, ziteguye neza, kugira ngo mpitemo ibyiza kurushaho. Ibyo nibimara kujya ku murongo, ni bwo nzahita ntangaza igitaramo. Ariko uyu mwaka igitaramo kirahari rwose."

Aya magambo agaragaza uburyo Rusine ashyira imbere ireme ry’ibyo ageza ku bakunzi be, aho ahitamo kumara igihe kinini ategura aho kwihutira gutangaza igitaramo ataranyurwa n’ibyo azakigaragarizamo.

Urugendo rwa Rusine mu mwuga wo gusetsa rwatangiye mu 2018, ubwo yitabiraga irushanwa rya Seka Rising Star, ryashakishaga impano nshya mu gusetsa. Ni irushanwa ryamuhaye urubuga rwo kwigaragaza, aza gukomereza mu bitaramo bya Seka Live na Seka Festival, ari na ho yatangiye kubaka izina.

Mu 2020, nyuma yo gukorana n’itsinda rya Arthurnation, yahuye na Clapton Kibonge, batangirana urugendo muri sinema.

Bahereye kuri filime “Umuturanyi”, ariko izina rye rirushaho kwamamara binyuze muri filime “Mugisha na Rusine”, yakunzwe cyane n’abakoresha imbuga nkoranyambaga ndetse n’abakunzi ba sinema nyarwanda.

Kuri ubu, Rusine abarizwa mu banyarwenya bafite ibikorwa bihoraho mu myidagaduro nyarwanda. Uretse gusetsa, akina filime, akanakora itangazamakuru, ibintu byamufashije kugera ku bakunzi b’ingeri zitandukanye.

Nubwo ataratangaza itariki, aho igitaramo kizabera ndetse n’abazagifatanyamo na we, amagambo ye agaragaza ko “Inkuru ya Rusine III” itazatinda gutangazwa, ndetse ko abakunzi b’urwenya biteganyirijwe ikindi gitaramo kizaba gikubiyemo inkuru nshya zishingiye ku buzima bwe n’ibyamubayeho mu minsi ishize.

Mu gihe abakunzi be bategereje itangazo rasmi, Rusine yemeza ko icy'ingenzi kuri we ari ugutanga igitaramo cyujuje ubuziranenge, aho gutangaza itariki ataratunganya neza ibyo azereka abazacyitabira.


Rusine yatangaje ko ari mu myiteguro yo gukora igitaramo cye cya Gatatu “Inkuru ya Rusine III”


Rusine yavuze ko yita cyane ku gutegura ibyo azagaragaza mu gitaramo mbere y’uko aseruka


Rusine yavuze ko mu gihe kiri imbere azatangaza aho igitaramo kizabera, ndetse n’abanyarwenya bazafatanya

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA RUSINE AVUGA KU GITARAMO CYE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...