Ruhuka waruhuye imbaga! Bamporiki yunamiye 'Langwida' basangiye inganzo imyaka irenga 20

Imyidagaduro - 08/06/2026 7:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Ruhuka waruhuye imbaga! Bamporiki yunamiye 'Langwida' basangiye inganzo imyaka irenga 20

Urupfu rwa Nyirabagande Drocelle Fridaus wamamaye nka “Langwida” mu ikinamico Urunana rwasize icyuho mu mitima y’abamumenye ndetse n’abakoranye na we mu rugendo rw’ubuhanzi rwamaze imyaka myinshi.

Mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 7 Kamena 2026, ni bwo hamenyekanye inkuru y’itabaruka rye, inkuru yemejwe n’Urugaga rwa Urunana Development Communication ndetse n’ubuyobozi bw’Umudugudu wa Itetero mu Murenge wa Nyamirambo aho yari atuye.

Edouard Bamporiki, wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, yanditse amagambo agaragaza uburemere bw’icyo gihombo ku bantu basangiye na we urugendo rw’ubuhanzi.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Bamporiki yavuze ko yahuriye na Langwida mu rugendo rw’Inganzo rugera kure, rwabaye intandaro y’ubucuti n’imikoranire byamaze imyaka irenga makumyabiri.

Yagize ati: “Urupfu we! Mama uyu. Twasangiye inganzo kuva mu 2002 muri Mashirika, Inyarurembo, wabaye Mama muri rya Kote Rirerire (Long Coat Film) twazengurukanye igihugu dutanga ubutumwa. Inganzo yagizwe ingobyi! Wansanganije ingishywa ku rugerero, abagenzi banze kugemura! Ruhuka waruhuye imbaga.”

Aya magambo agaragaza ishusho y’umubyeyi, inshuti n’umuhanzi Langwida yari we ku bo bakoranye, cyane cyane mu bihe bitandukanye by’ubuhanzi n’ubukangurambaga byabereye hirya no hino mu gihugu.

Umusizi Rumaga na we yamwunamiye mu butumwa bwuje amarangamutima, agaragaza ko atari umukinnyi w’ikinamico gusa ahubwo yari yarabaye umubyeyi kuri benshi.

Rumaga yavuze ko Langwida ari umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu rugendo rwe rw’ubuhanzi, ndetse ko yanagaragaye mu gisigo cye kizwi nka “Mawe”.

Yagize ati: “Uratabaye uwo kwisungwa, arisanzuye uwo kwicumba. Inshuti y’umuneza irasinziriye. R.I.P Langwida. Hakomere inshuti n’umuryango.”

Yakomeje agira ati: “Bamwe bari bamuzi nka Mawe, kandi ni na byo yari byo. Twahujwe n’Imana ndetse n’impano, kuva ubwo duhinduka umuryango. Mawe Nyirabagande Drocelle, umubyeyi benshi twakuze dukunda mu ikinamico Urunana nka Langwida, aratabaye. Mbuze umubyeyi mu bundi buryo.”

Langwida yinjiye mu bakinnyi b’ikinamico Urunana mu mwaka wa 2000, aba umwe mu bakunzwe cyane n’abakurikiranaga iyi kinamico yamamaye mu Rwanda no hanze yarwo.

Uko imyaka yagiye ishira, yubatse izina rikomeye mu ruganda rw’imyidagaduro, by’umwihariko mu gukina inkuru zifite ubutumwa bwo kubaka umuryango nyarwanda.

Yitabye Imana afite imyaka 64 y’amavuko, asize abana bane n’umurage ukomeye mu rugendo rw’ubuhanzi nyarwanda.

Nubwo ijwi rye ritazongera kumvikana mu buryo benshi bari bamenyereye, ibikorwa bye n’uruhare yagize mu myidagaduro nyarwanda bizakomeza kwibukwa n’abatari bake, by’umwihariko abakuranye ikinamico Urunana yabereye inkingi ya mwamba.

 

Bamporiki Edouard yunamiye ‘Langwida’ bahuriye mu nganzo kuva muri 2002 bahereye mu Itorero Mashariki

Bamporiki yatangaje ko 'Langwida' bahuriye muri filime ye 'Long Coat', kandi ko kuva icyo gihe inganzo yabo yakomeje kwaguka



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...