Ruhago na Politiki: Amabara abiri yivanze, ariko adakwiye guhura

Imikino - 06/07/2026 4:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Ruhago na Politiki: Amabara abiri yivanze, ariko adakwiye guhura

Mu mateka y'umupira w'amaguru, hari ihame rimaze imyaka myinshi rivuga ko siporo igomba kuba yigenga kandi ntivangwemo politiki. Nyamara, uko imyaka yagiye ishira, politiki yarushijeho kwinjira muri ruhago, rimwe na rimwe ikagira uruhare mu byemezo bikomeye, mu marushanwa no ku hazaza h'abakinnyi n'amakipe.

Kuri ubu, impaka zongeye gukomera mu Gikombe cy'Isi cya 2026 nyuma y'uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuzwe mu nkuru zijyanye n'icyemezo cya FIFA cyo guhagarika by'agateganyo igihano cya Folarin Balogun wari wahawe ikarota y'umutuku, bikamwemerera gukina umukino wa 1/8 cy'irangiza uhuza Amerika n'u Bubiligi.

Nubwo FIFA yavuze ko yakurikije amategeko ayigenga, ibi byatumye benshi bibaza niba politiki itaratangiye kugira ijambo rikomeye mu mupira w'amaguru.

Ubundi, kuva Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi (FIFA) ryashingwa mu 1904, imwe mu ntego zaryo yari ukurinda ko za Guverinoma zigira uruhare mu miyoborere y'amashyirahamwe y'umupira w'amaguru.

Icyakora, mu myaka ya 1950 na 1960, ubwo ibihugu byinshi byo muri Afurika na Aziya byabonaga ubwigenge, bamwe mu bayobozi ba Leta batangiye kwivanga mu micungire y'amashyirahamwe y'umupira w'amaguru, bashyiraho abayobozi bashaka cyangwa bagakuraho abo batifuzaga.

Ibi byatumye FIFA ishyiraho amategeko akomeye abuza Guverinoma kwivanga mu bikorwa by'amashyirahamwe y'umupira w'amaguru, aho igihugu kibirengaho gishobora guhagarikwa mu marushanwa mpuzamahanga.

Mu 1934 no mu 1938, ubutegetsi bwa Benito Mussolini mu Butaliyani bwakoresheje Igikombe cy'Isi nk'igikoresho cyo kwamamaza ubutegetsi bwabwo. Intsinzi z'u Butaliyani muri ibyo bihe zakoreshejwe nk'ikimenyetso cy'imbaraga n'ubukaka bw'igihugu.

Mu 1978, igihe Argentine yakiraga Igikombe cy'Isi, icyo gihugu cyari kiyobowe n'ubutegetsi bwa gisirikare. Hari amakipe n'abafana batigeze bishimira uko irushanwa ryakoreshejwe mu guhisha ibibazo by'iyicarubozo n'ihonyorwa ry'uburenganzira bwa muntu.

Mu 1980, ibihugu byinshi byanze kwitabira Imikino Olempike yabereye i Moscow kubera intambara y'Ubutita yari hagati y'ibihangange by'Isi. Mu 1984 na bwo, ibihugu byinshi byo mu Burasirazuba bw'u Burayi byanze kwitabira Imikino Olempike yabereye i Los Angeles, bisubiza icyemezo cyari cyafashwe mu 1980.

Mu bihugu byinshi byo muri Afurika, Guverinoma zagiye zishaka kugira ijambo mu miyoborere y'amashyirahamwe y'umupira w'amaguru. Ibi byatumye FIFA ihagarika ibihugu birimo Nigeria, Kenya, Zimbabwe, Chad, Pakistan n'ibindi, nyuma y'uko Guverinoma zabyo zivangiye mu matora cyangwa zigakuraho abayobozi b'amashyirahamwe.

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yakunze kuvuga ko siporo igomba guhuza abantu aho kubatandukanya, kandi ko ibibazo bya politiki bidakwiye kugira uruhare mu byemezo bifatwa mu mupira w'amaguru.

Aya magambo ashimangira n'ayo uwahoze ari Perezida wa FIFA, Sepp Blatter, wakunze kuvuga ko "umupira w'amaguru ugomba kuguma wigenga ku gitutu cya politiki."

Perezida wa UEFA, Aleksander Čeferin, na we yigeze gutangaza ko kwivanga kwa politiki mu mupira w'amaguru ari imwe mu mbogamizi zikomeye zugarije iterambere ryawo.

Ku ruhande rw'abakinnyi barimo Didier Drogba, Juan Mata na Marcus Rashford, bagiye bagaragaza ko siporo ishobora kugira uruhare mu gukemura ibibazo by'abaturage, ariko bagashimangira ko idakwiye kuvangwa n'inyungu za politiki.

Kuri iyi nshuro, inkuru ya Folarin Balogun yongeye kuzamura ikibazo kimaze imyaka kivugwaho.

Nubwo FIFA yavuze ko yakurikije Ingingo ya 27 yo mu mategeko yayo, iteganya guhagarika by'agateganyo ibihano mu bihe bimwe na bimwe, kuba Donald Trump yaravuganye na Perezida wa FIFA mbere y'uko hafatwa uwo mwanzuro byatumye benshi bibaza niba abayobozi b'ibihugu bikomeye bashobora kugira ijambo ku byemezo bya siporo.

Nta gihamya iragaragaza ko Trump ari we wahinduje umwanzuro wa FIFA, ariko isura byatanze ni yo yateye impungenge abakurikiranira hafi ruhago.

Ese birashoboka gutandukanya ruhago na politiki?

Nubwo FIFA n'andi mashyirahamwe ahora ashimangira ko siporo igomba kuba yigenga, amateka agaragaza ko politiki n'umupira w'amaguru byakomeje kugendana.

Ibihugu bikoresha intsinzi za siporo mu kongera ishema ry'abaturage, abanyapolitiki bifotozanya n'ibikombe ndetse n'amakipe atsinda, abayobozi ba Leta bakitabira ibirori n'ibyemezo bikomeye bya FIFA, ndetse rimwe na rimwe bagashyira igitutu ku nzego zifata ibyemezo.

Ibi bituma abakunzi ba ruhago bakomeza kwibaza bati: Ese koko ruhago na politiki bishobora gutandukana burundu, cyangwa bizakomeza kwivanga nubwo amategeko abibuza?

Ibi byiyongera ku mpaka zimaze iminsi zivugwa ku ngamba zafashwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zijyanye no gukumira abaturage b'ibihugu bimwe na bimwe, cyane cyane ibyo muri Afurika, kwinjira muri icyo gihugu.

Byatumye bamwe bibaza niba bishobora kugira ingaruka ku bakinnyi, abafana n'abandi bazitabira Igikombe cy'Isi cya 2026, nubwo inzego zibishinzwe zakomeje gushaka uburyo amakipe yose yujuje ibisabwa azitabira amarushanwa nta nkomyi.

Sepp Blatter wayoboye FIFA

Guhagarika by'agateganyo igihano cya Folarin Balogun wari wahawe ikarota y'umutuku, biri kuvugisha benshi ku Isi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...