Rugaba wamamaye muri ‘Papa Sava’ agiye gusezera kuri Cinema –VIDEO

Imyidagaduro - 03/06/2026 9:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Rugaba wamamaye muri ‘Papa Sava’ agiye gusezera kuri Cinema –VIDEO

Hari abinjira mu rugendo rw’ubuhanzi bagamije kwamamara, hakaba n’abarukoramo imyaka myinshi bagamije kurushaho kubaka amazina yabo. Ariko hari n’abagera aho bakumva ko igihe kigeze ngo bafate indi nzira, atari uko batsinzwe cyangwa bananiwe, ahubwo kuko hari ikintu kirenze ibyo bari basanzwe bakora kibahamagarira imbere.

Ni muri uwo murongo, umukinnyi wa filime Rugaba Emmanuel wamamaye nka Rugaba, umwe mu bakinnyi bakunzwe cyane muri filime y’uruhererekane ya ‘Papa Sava’, yatangaje ko ari gutegura iherezo ry’urugendo rwe muri Cinema, ibintu bishobora gutungura benshi bamumenyereye kuri ‘ecran’.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Rugaba yavuze ko nubwo akomeje gukunda ubuhanzi, yumva hari ahandi Imana iri kumwerekeza, kandi ko yiteguye gukurikira uwo muhamagaro. Ati: “Mbonereho kubivuga, njyewe urugendo rwanjye rwa Cinema ni igihe gito nkabireka. Vuba aha rwose.”

Aya magambo aje nyuma y’imyaka myinshi uyu mugabo amaze agaragara muri filime zitandukanye, ariko cyane cyane nyuma y’uruhare rwe rwamugize icyamamare muri ‘Papa Sava’, filime yabaye kimwe mu bikorwa by’imyidagaduro byakurikiwe cyane n’abanyarwanda.

Abakurikiranira hafi Rugaba bamuzi nk’umukinnyi ufite impano idashidikanywaho. Mu bihe bitandukanye yagaragaje ubushobozi bwo kwinjira mu mico y’abo akina yigana ku buryo byorohera abayireba kuyemera no kuyiyumvamo.

Nyuma yo kuva muri ‘Papa Sava’, yakomeje kugaragara mu zindi filime zirimo ‘Inkomoko’, aho akinana n’abarimo Madederi, akomeza kugaragaza ko yari agifite byinshi byo gutanga muri uru ruganda rwa Cinema nyarwanda.

Icyakora, inyuma y’amashusho n’amatara ya Camera, hari urugendo rw’imbere muri we rugenda rwubakwa buhoro buhoro.

Rugaba avuga ko uko agenda arushaho kwegera Imana, ari nako agenda asobanukirwa byinshi ku mugambi wayo mu buzima bwe, ibintu bituma abona ko Cinema ishobora kuba yarabaye igice cy’urugendo, ariko atari iherezo rwabwo.

Ati: “Buriya urugendo rw’umuntu ni rurerure. Kandi twe ntabwo duhita tumenya umugambi Imana ifite ku muntu. Ariko uko urushaho kwegera Imana hari ukuntu ugenda ufunguka ukabona ibindi bintu igushakaho.”

Aya magambo agaragaza umuntu uri mu gihe cyo kwisuzuma no kureba kure, aho guhitamo icyerekezo bitagishingira gusa ku byo ashoboye gukora, ahubwo bishingira ku byo yumva yahamagariwe gukora.

Ntabwo ari ubwa mbere Rugaba agaragaza uruhande rwe rw’umwuka. Mu minsi ishize yasohoye indirimbo yise “Yezu Ndamukunda”, igikorwa cyatumye benshi batangira kubona indi sura ye itari isanzwe izwi muri Cinema.

Abamuzi bavuga ko muri iyi minsi agenda arushaho kugaragaza inyota yo gukorera Imana, ibintu na we adahisha.

Mu magambo ye, agaragaza ko n’aramuka agarutse muri Cinema nyuma yo kuyivamo, bishobora kuzaba bifite intego itandukanye n’iyo yari asanzwe afite.

Ati: “Mu gihe kigufi cyane nzaba ntakiri muri cinema. Niyo nagaruka nshobora kuzagaruka nkora filime yanjye ariko y'ivugabutumwa rya Yesu Kristo."

Ni amagambo agaragaza ko atari ugusezera ku guhanga cyangwa ku buhanzi muri rusange, ahubwo ko ashobora kuba ari uguhindura uburyo yabukoragamo n’ubutumwa azaba ashaka kugeza ku bantu.

Mu rugendo rw’ubuzima, hari igihe umuntu ava aho abantu benshi bamubonera agahitamo inzira nshya ishobora no kutumvwa na bose. Ni na ko bimeze kuri Rugaba, uri kuvuga ku mugaragaro ko Cinema ishobora kuba isigaje igihe gito mu buzima bwe.

Icyakora ikigaragara ni uko Rugaba atavuga ibi nk’umuntu unaniwe cyangwa ushaka gusezera kubera ibibazo. Ahubwo abivuga nk’umuntu wemera ko buri rugendo rugira igihe cyarwo, kandi ko iyo umuntu abonye indi ntego ikomeye mu buzima bwe aba agomba kugira ubutwari bwo kuyikurikira.


Rugaba yatangaje ko mu gihe cya vuba azasezera kuri cinema nyuma y’imyaka myinshi atanga ibyishimo kuri benshi

 

Rugaba yahishuye ko yahisemo kumvira ijwi ry’Imana kuruta ibindi byose

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA RUGABA

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO YA RUGABA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...