Ibi
byabaye mu gihe Rudeboy yari ari kuririmba indirimbo ikunzwe cyane ya P-Square
yitwa “Forever”. Amashusho yafashwe agaragaza uyu muhanzi anyerera akagwa avuye
ku rubyiniro, yahise akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, akurura ibitekerezo
byinshi by’abakunzi b’umuziki.
Bamwe
mu bamukurikira bagaragaje ko ashobora kuba yaragize ikosa ryo kuririmbira mu
mwijima yambaye amadarubindi y’umukara, ibintu byaba byaramugoye kubona neza
aho anyura. Abandi bo babifashe mu buryo bw’urwenya, babihuza n’amakimbirane amaze
igihe hagati ye n’impanga ye Peter Okoye.
Aba
bombi bahoze bagize itsinda rya P-Square, ryigeze kuba mu matsinda akomeye muri
Afurika, ariko baza gutandukana bitewe n’ibibazo byari bifitanye isano
n’imicungire y’amafaranga, uburenganzira ku ndirimbo (royalties) n’imiterere
y’imiyoborere y’ibikorwa byabo bya muzika.
Nyuma
yo gutandukana, Paul Okoye yakomeje gukora umuziki ku giti cye yitwa Rudeboy,
mu gihe Peter Okoye we akoresha izina rya Mr P.
Nubwo
yahuye n’iyi mpanuka ku rubyiniro, Rudeboy aherutse no gusangiza abakunzi be
inkuru nziza yagezeho mu rugendo rwe rw’umuziki.
Mu
minsi ishize, ubwo yari mu bitaramo byo muri Australia, yahawe icyemezo
cy’ishimwe (certificate of recognition) n’umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’umuco
witwa Tony Dr Bull, ashimirwa uruhare rwe mu guteza imbere umuziki no guteza
imbere umuco hagati y’ibihugu.
Mu
mashusho yashyize ku rubuga rwa Instagram, Rudeboy yagaragaye yishimiye cyane
iki gihembo, agaragaza ko ari indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe nk’umuhanzi
mpuzamahanga.
Ibi
bibaye mu gihe impanga ye Peter Okoye na yo iherutse gutangaza icyemezo
cyatunguranye, cyo kutazongera kwizihiza isabukuru y’amavuko ku itariki
yahuriragaho n’umuvandimwe we, ahubwo ko azajya ayizihiza ku wa 30 Ugushyingo.
Aba bombi bavukiye rimwe ku wa 18 Ugushyingo 1981, kandi bigeze kongera guhura
mu 2021 basubira gukorana umuziki, ariko biza kongera kurangira buri wese
asubiye mu rugendo rwe bwite.
Iyi
nkuru yongeye kugaragaza ko nubwo Rudeboy akomeje kwitwara neza ku rwego
mpuzamahanga, urugendo rwe rukirimo ibihe bitandukanye, birimo ibigeragezo
n’ibigwi bikomeza kumuranga.


