Rubavu: Umusore akurikiranyweho kwica nyina wabo amukubise isuka amuziza umutumba w’igitoki

Amakuru ku Rwanda - 15/10/2025 2:00 PM
Share:

Umwanditsi:

Rubavu: Umusore akurikiranyweho kwica nyina wabo amukubise isuka amuziza umutumba w’igitoki

Umusore w’imyaka 16 akurikiranyyweho kwica nyina wabo w’imyaka 42 amukubise isuka ya majagu inshuro eshatu nyuma yo kumubuza gutwara umutumba w'abandi.

Ni ibintu byabaye tariki ya 12 Ukwakira 2025 mu masaha ya saa moya aho umusore w’imyaka 16 wo mu mudugudu wa Kabingo, Akagari ka Musabicye, Umurenge wa Kanama mu karere ka Rubavu yakubise nyina wabo isuka ya majagu inshuro eshatu akamutsinda aho.

Abatangabuhamya baganiriye na B Plus bavuga ko uyu musore yabujijwe na nyina wabo gutema umutumba wari ufite igitoki ariko aho kumwumvira aramwahuka amukubita isuka yo mu bwoko bwa majagu inshuro eshatu ahasiga ubuzima.

Uyu musore w’imyaka 16 yakubise uyu mudamu isuka ya majagu ari uko bari bamuhamagarije nyiri urutoki ndetse na papa we bamumenyesha ko umwana we ari gukora ibidakwiye. Aherako amukubita iyo suka.

Bakomeza bavuga ko uyu musore yigize igihazi n'intakoreka muri ako gace atuyemo ariko nta muntu wigeze umutangira amakuru ngo akurikiranwe kuko Se umubyara ariwe ukuriye umudugu wa Kabingo kandi ariwe wagatanze ubuhamya.

Zeburoni uhagarariye umuryango wa Manizabayo witabye Imana ku myaka 42, asaba ko uyu mwana yakurikiranwa naho ibyo kwitwaza ko afite ikibazo cyo mu mutwe atari ukuri kuko yaragiraga inka za Se.

Yagize ati “Icyo twifuza ni uko ubutabera bwakurikirana uwakoze icyaha. Kuvuga ngo ni uburwayi bwo mu mutwe ni ukubeshya kubera ko yaragiraga inka za Se.”

Umuyobozi w’umurenge wa Kanama, Nzabahimana Evaritse avuga ko ucyekwaho icyaha yamaze gufatwa n’inzego z’umutekano ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kanama.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...