Rubavu: Tembera Umurenge w'ubuhinzi wa Mudende ugana ku ibere rya Bigogwe-AMAFOTO 40

Amakuru ku Rwanda - 12/10/2022 11:00 PM
Share:
Rubavu: Tembera Umurenge w'ubuhinzi wa Mudende ugana ku ibere rya Bigogwe-AMAFOTO 40

Twasuye Umurenge wa Mudende wiganjemo ibikorwa by'ubuhinzi cyane. Turatemberana mu mafoto kuva uturutse mu mu Kagari ka Rukeri, Umudugudu wa Muhungwe.

Umurenge wa Mudende ni umwe mu Mirenge 12 igize Akarere ka Rubavu. Ugitembera muri uyu Murenge, ikintu cyambere ubona ni imisozi ibonera kure hakurya y'amaso yawe irimo; Umusozi wa Kalisimbi, Umusozi wa Rungu, Umusozi wa Mudende n'iyindi itandukanye.

Ubwo umunyamakuru wa InyaRwanda yatemberaga muri uyu Murenge wa Mudende, yageze mu Mudugudu wa Ndoranyi, Akagari ka Ndoranyi, ahava amanuka asatira ahazwi nko Kubari witegeye neza Umusozi wa Bigogwe.

DUTEMBERANE UYU MURENGE BINYUZE MU MAFOTO AGERA KURI 30

Ku Muhanda usanga abacuruzi b'igihingwa cy'ibisheke batuje bari gushaka amafaranga abatunga

Ikigo cy'ishuri rya GS Mudende

Amazu yubakiwe abatishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994


Inzu y'umuturage w'umukene yubatswe mu byatsi gusa. Uyu muturage witwa Nyirandayambaje aganira na InyaRwanda.com, yatangaje ko ntaho kwikinga agira ngo na cyane ko iyo imvura iguye arara hanze cyangwa akemera ikamunyagira, ubundi akabyuka asukamo ivu kugira ngo asibanganye amazi menshi  abarimo.


Icyapa gitanga ikaze ku bantu bagera mu Murenge wa Mudende, Umurenge ww'Imisozi myiza


Abaturage bafite umuhanda ubafasha mu buhahirane no kugeza umusaruro w'ubuhinzi bwabo ku masoko biboroheye

Inzu ya Nyirandayambaje n'abana be babiri


Abana twahahuriye bari gutemberana muri Uyu Murenge wa Mudende


AMAFOTO: KWIZERA Jean de Dieu - InyaRwanda.com (Mu Burengerazuba bw'u Rwanda)


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...