RSSB Tigers yatanze ibyishimo ku barimo Perezida Kagame yandika amateka yo kugera ku mukino wa nyuma wa BAL 2026

Imikino - 28/05/2026 5:19 AM
Share:

Umwanditsi:

RSSB Tigers yatanze ibyishimo ku barimo Perezida Kagame yandika amateka yo kugera ku mukino wa nyuma wa BAL 2026

Ikipe ya RSSB Tigers yanditse amateka akomeye yo kuba iikipe ya mbere yo mu Rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa Baskeball Africa League nyuma yo gutsinda Ahly yo mu Misiri amanota 106-97, bishimisha abarimo Perezida Paul Kagame.

Uyu mukino wa 1/2 wakinwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026 muri BK Arena, witabiriwe n’abafana ibihumbi n’ibihumbi bari barimo na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, wari waje gushyigikira iyi kipe ihagarariye igihugu.

Agace ka mbere katangiye amakipe yombi yigana cyane, buri kipe ishaka uko ikora ibintu byayo hakiri kare. RSSB Tigers BBC yageragezaga gukoresha umuvuduko n’imikinire yihuse, mu gihe Al Ahly yo yakinaga yitonze ishingiye ku bunararibonye. Aka gace karangiye amakipe yombi anganya amanota 24-24.

Mu gace ka kabiri, RSSB Tigers ibifashijwemo n’abarimo Oumar Ballo na Craig Randall yakomeje kwerekana ubushongore n’ubukaka gusa na Al Ahly nayo ibifashijwemo n’abarimo Kelvin Murphy na Nuni Omot bakomeje kuba hafi aho ndetse amakipe ajya kuruhuka anganya amanota 50-50.

Agarutse avuye kuruhuka, RSSB Tigers BBC yongeye gukina umukino uri ku rwego rwo hejuru, cyane cyane ibifashijwemo na Teafale Lenard Jr ndetse na Mangok Mathiang batsindaga amanota menshi.

Nubwo Zachary Lofton yafashije Al Ahly kugabanya ikinyuranyo mu mpera z’agace ka gatatu, RSSB Tigers yakomeje kuyobora umukino ku manota 80 kuri 76.

Mu gace ka nyuma, abafana bari buzuye BK Arena bakomeje gusunika ikipe yabo, Antino Jackson, Mangok na Teafale bakomeza gutsinda amanota yiganjemo aya ‘Free Flow’ yatumye ikinyuranyo kigera mu manota 10.

Umukino warangiye RSSB Tigers BBC itsinze amanota 106-97, abafana bose bahaguruka bishimira amateka mashya yari amaze kwandikwa.

Perezida Paul Kagame yagaragaye yishimiye cyane intsinzi ya RSSB Tigers, aho yakomeje gukurikirana umukino muri BK Arena kugeza ku munota wa nyuma.

Ni intsinzi yatumye u Rwanda rukomeza kwerekana ko rumaze kuba kimwe mu bihugu bikomeye muri Basketball nyafurika, cyane cyane nyuma yo kwakira BAL inshuro 6 zitandukanye no guteza imbere ibikorwa remezo bya siporo.

RSSB Tigers BBC izakina umukino wa nyuma wa BAL 2026 ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026, aho izahura n’izatsinda hagati ya Petro de Luanda na Al Ahly Benghazi zifitanye umukino kuri uyu wa Kane.

RSSB Tigers yanditse amateka mashya yo kugera ku mukino wa nyuma wa BAL 2026

Perezida Kagame mu bashimishijwe n'amateka mashya yanditswe na RSSB Tigers


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...