Ross Kana yongeye gukora mu jisho 1:55 AM

Imyidagaduro - 01/09/2025 4:10 PM
Share:

Umwanditsi:

Ross Kana yongeye gukora mu jisho 1:55 AM

Umuhanzi wahisemo gukoresha izina rya ‘Ross Kana’ wahagaritse gukorana na Sosiyete y’umuziki ya 1:55 AM, yagaragaje ko icyizere yari afite mu buyobozi cyamushibutsemo kuko yabonaga ahazaza he h’ibikorwa akiri muri iriya sosiyete bizagorana, ndetse ibyo yizeraga byo kuvugururwa bigasubira mu rujijo.

Kuva mu ntangiriro za 2025, byari byatangiye guhwihwiswa ko abahanzi barimo Ross Kana, Kenny Sol na Producer Element batakibanye neza n’ubuyobozi bwa 1:55 AM.

Kiriya gihe, Umuyobozi wa 1:55 AM, Kenny Mugarura, yabwiye itangazamakuru ko nta kibazo gihari, ahubwo ko bari bafite imishinga mishya bari gukorana.

Ariko bidateye kabiri, ibyo yavuze byahinyujwe n’itangazo Ross Kana yasohoye ku wa 4 Gicurasi 2025, ryemeza ko yamaze gutandukana n’iyi Label, nyuma y’umwaka urenga.

Uko ikibazo cyatangiye

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, Ross Kana yavuze ko byatangiye ubwo ubuyobozi bw’iyi Label butari bukimufata nk’umuhanzi kandi bagomba kwita ku mishinga ye. Yatangiye kubona ikibazo gikomeye ubwo yashakaga gufatira amashusho indirimbo ye ‘Mami’, ariko ubuyobozi bukamusiragiza.

Ariko kandi yibutse ko yasinye amasezerano y’imyaka irindwi ubwo yari akimara gusohora amashusho y’indirimbo ‘Sesa’.

Ati “Ndababwiza ukuri kontaro yarasinywe, ariko sisiteme yakomeje ari yayindi [Yo kutamufasha gukora ibikorwa bye by’umuziki]. Kuko ntabwo bahise bamenya icyo bakora kugirango buri wese (anyurwe). Buri muhanzi uri muri iyo ‘Label’ araza kwitabwaho gute? Ni cyo kintu cyonyine nabonye (cyabiteye) […] Ibyo bintu kubihuza n’icyo cyananiranye, kugeza dusohotse.”

Ross Kana yavuze ko ubwo yashakaga gukora indirimbo ‘Mami’ yanageze ku ndirimbo ‘Milele’ Element yaje gusohora nyuma y’aho.

Ati “Iriya yarayiretse (Milele), niyongera kuyikoraho kugeza ubwo twageze kuri ‘Mami’, numvise ‘Melodie’ yayo, ndavuga nti aha rwose. Buriya twanakoze ‘Milele’ turayikora irasohoka, ariko Coach Gael aramushyigikira (gusa) byari mu ntambara zikomeye.”

Nyuma yo kugaragaza ibikenewe byose, basanze amashusho y’iyo ndirimbo azatwara miliyoni 13 Frw. Kenny Mugarura yahise amubwira ko ayo mafaranga ari menshi, ko bafite miliyoni 5 Frw zonyine. Ross Kana yasabye ko nibura bakwicarana bagashyira ku rwego rwo hagati nka miliyoni 8 Frw, ariko na byo biranga.

Ati “Nabwiye Kenny Mugarura ko njye nifuza ko nakora ‘Video’ ifite amafaranga atandukanye, ariko we arambwira ati genda utegure akantu kagaragaza ibintu byose uzakenera muri ‘video’, ndetse n’abazamfasha kubikoraho. Ndamubwira nti ntakibazo ibyo. Muri macye njyewe ikibazo ntabwo cyari amafaranga, ahubwo nashakaga umuntu umvugisha […]”

Amaze kurambirwa no guhora ahamagara ntasubizwe, yafashe icyemezo cyo kwikorera ku giti cye ajya muri Nairobi gufatira amashusho ku mafaranga ye bwite, byamutwaye miliyoni 13 Frw.

Ati “Twasanze bizatwara Miliyoni 13 Frw zishobora kuganirwaho, hakagira ibyavamo kubera bitari ngombwa cyane […] Yazikubise amaso arambwira ati aya akava he? [Niko Kenny Mugarura yamusubije] ati aya ni menshi, ntabwo byakunda.”

Ross Kana yavuze ko byarangiye atumvikanye na Kenny Mugarura, ndetse no kumusubiza amafaranga azaboneka biba ikibazo.

Yasubije ko yahamagaye igihe kinini Kenny Mugarura, agirango amenye uko azakora ‘video’ ntasubizwe, nyamara agatungurwa no kumubona ku kibuga cy’indege aherekeje ‘undi muhanzi mukuru muri ‘Label’.

Ross Kana yavuze ko igihe cyageze ariko Kenny Mugarura amubwira amafaranga bazabona mu ikorwa ry’iyi ndirimbo, acika intege kuko yari macye cyane.

Ati “Kuri Miliyoni 8 Frw twari kumvikana, cyangwa se kuri Miliyoni 10 Frw twari kumvikana. Kandi indirimbo ikozwe muri aya mafaranga ihindura ubuzima bw’umuhanzi ijana ku ijana. Yatumye umwuganizi we, ati ubwire Ross Kana ko tumuha Miliyoni 5 Frw.”

Yavuze ko mu busanzwe amasezerano bari bafitanye, bagombaga kujya bamukorera nibura indirimbo eshanu; imwe igatangwaho ari hagati y’ibihumbi bine by’amadorali n’ibihumbi bitanu by’amadorali.

Yavuze ko yafashe icyemezo cyo kwikorera amashusho y’indirimbo ‘Mami’ ayikorera i Nairobi muri Kenya.

Ubwo yariyo, nibwo Kenny Mugarura yamwandikiye amubwira ati “Namenye ko wagiye, ese ndamutse nguhaye aya mafaranga, hari icyo yagufasha? Ibyo byatumye mbwira Kenny nti ntacyo yamfasha. Nti kuko ubu nonaha nishyuye amatike y’indege ndi kumwe na ‘Director’ wa ‘Video’.”

Ariko avuga ko ubwo yari ku kibuga cy’indege, yabwiye Coach Gael ko agiye muri Kenya ‘kwikorera ibintu byanjye kuko narababuze’. Ati “Ntekereza ko Coach Gael yashyizeho igitutu (hanyuma abantu bakabona gushaka uko bamvugisha). Nagiye i Nairobi gukora indirimbo ‘Mami’ ku mafaranga yanjye.”

Yavuze ko iyi ndirimbo yakiriwe neza ‘kuko nirengagije ibintu byose byari gutuma ntagera ku buhanzi bwanjye nifuzaga gukora, natakajeyo amafaranga menshi pe.’

Ross Kana yavuze ko akigera i Kigali yasabye inama ahura na Coach Gael, atangira gutongana ari nako amwereka amashusho y’indirimbo yari yakoze.


Ibyiringiro byaraje amasinde

Nyuma yo kugerageza gusubiza umwuka mwiza, 1:55 AM yatanze Miliyoni 6 Frw kugira ngo indirimbo ‘Mami’ igumane ibirango bya Label, ndetse bisa n’aho ibintu byongeye gusubira mu murongo.

Ariko byongeye kuzamba mu gihe cyo gukora indirimbo Molela, ubwo Ross Kana yishyuriye Element ku giti cye, ibintu byongera kuzana amakimbirane. Ati “Indirimbo yarabonetse, hanyuma ndayiterura njya kwa ‘Boss’ ndayikina ariko mbona ntibashishikaje cyane, ariko ni kwa kundi umuntu uba atarafatisha cyane [...]”

Yavuze ko n’ubwo byagenze kuriya ariko yishimira imibanire yagiranye na Sosiyete y’umuziki ya 1:55 AM. Ati “Si abantu babi. Ahubwo baravuze bati ibi bintu tutabonera umwanya turabishoramo ngo bigende bite? [Niko ntekereza].”

Ross Kana yavuze ko nyuma y’uko Element yamukoreye ‘Audio’ ya Molela, yatangiye gushaka uko yakora amashusho yayo, ariko nabwo biramugora nk’uko byagenze ku ndirimbo zabanje.

Ati “N’ubwo bimeze gutya ariko ni abantu banyakiriye mu muryango. Naravuze nti n’ubwo banyakiriye mu muryango ariko urugendo rw’umuziki rushobora kudakunda kubera uwo muryango.”

Yavuze ko atari yiteguye gusubira mu bibazo nk’ibyo yanyuzemo, ubwo yiteguraga gufata amashusho y’indirimbo ‘Molela’.

Nyuma yo kubona ko nta mwanya bamuhaye ngo baganire mu biganiro byimbitse, Ross Kana yahisemo kwandika itangazo ryemeza ko atakibarizwa muri Label, ari na ryo ryatunguye ubuyobozi bwa 1:55 AM.

Yavuze ko indirimbo ‘Molela’ yayibariraga Miliyoni 8 Frw cyangwa se Miliyoni 10 Frw. Ati “[…] Kiriya gihe bashobora kuba barahinduye sisiteme. Kuko ijambo ‘Management’ njye navuyeyo byarahindutse, kuko ubundi ni ugukurikina ubuzima bw’umuhanzi, ariko siko byagenze.”

Icyamushishikaje gusezera

Ross Kana avuga ko icyamuteye gufata icyemezo cya burundu ari amagambo ubuyobozi bwashyize hanze buvuga ko Bruce Melodie ari we muhanzi utanga umusaruro cyane muri Label, ndetse bavuga ko “uwashaka gutandukana na Label azagenda.”

Ibyo yabifashe nko kumutesha agaciro, cyane ko yari yarumvise amakuru ko bamaze no kumwandikira ibaruwa yo kumusezerera.

Mu masezerano y’imyaka irindwi (7) yari yarasinye kuva ku wa 1 Ukuboza 2023, hari hateganyijwe ko buri ndirimbo ye izajya ikorwa hagati ya miliyoni 4–5 Frw.

Ross Kana yasoje avuga ko nta rwango afitiye 1:55 AM, ahubwo intumbero yari afite mu muziki yasanze itazagerwaho muri Label.

Ashimangira ko ubuyobozi bwayo “bukora nk’abacuruzi, bukabara amafaranga kurusha kumva neza uburyo umuziki ukorwa."

Uyu muhanzi yari yarinjiye muri ‘Label’ akiri mu izina rya Rubangura David, aho yari yaramenyekanye mu ndirimbo ‘Selection’.

Yasobanuye ko mbere yo gusohora indirimbo ‘Fou de Toi’ afatanyije na bagenzi be, batekereje amazina atatu bahitamo izina rimwe ‘Ross Kana’ ari naryo akoresha mu muziki. Ati “Buriya Coach Gael niwe wavumbuye ijambo ‘Kana’. Yanditse ijambo muri Google abona ijambo ‘Powerful’ noneho mu bisobanuro abonamo ‘Kana’.”

Yavuze ko Coach Gael yabajije abandi, Element amubwira ko nawe yari yabonye izina ‘Ross’ hanyuma bongeraho ‘Kana’.

Ati “Ni uko izina ryabonetse. Barabishyigikira. Ariko njye nari aho ngaho. Ariko ‘Ross’ ni Element warizanye. Njyewe ku giti cyanjye numvaga izina Ross Kana nari naryemeje. Ni ukuvuga ngo bariya bagabo urebe twatandukanye, nibo banyise izina rikomeye mfite uyu munsi. Ndabibashimira pe.”

Ross Kana yavuze ko muri iryo joro, ari nabwo yahise ahindura amazina ye ku mbuga nkoranyambaga ze akoresha.

Akarenzaho ko, mbere yo gushyira hanze indirimbo ‘Fou de Toi’ yari yaganirije inshuti ze, iby’izina yahawe, ndetse n’icyemezo yafashe cyo gutanga iriya ndirimbo ikajya kuri shene ya Youtube ya Element. Kuri ubu, amasezerano ye yari agiye kuzuza imyaka ibiri, ariko yahisemo kuyasohokamo mbere.

Ross Kana yavuze ko yasezeye muri ‘Label’ kubera ko atabonaga ahazaza he mu muziki ari muri 1:55 AM 

Ross Kana yavuze ko indirimbo ye ‘Molela’ yitegura gushyira hanze ari nziza, ashingiye mbaraga yashyizemo


Ross Kana yavuze ko ubwo yari muri Kenya akora indirimbo, ari bwo yongeye kuvugana n'ubuyobozi bwa 1:55 AM

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MAMI' YA ROSS KANA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...