Ross Kana yirinze kwemeza niba yarishyuye Bruce Melodie Miliyoni 10 Frw yaguze Album ye – VIDEO

Imyidagaduro - 04/07/2025 5:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Ross Kana yirinze kwemeza niba yarishyuye Bruce Melodie Miliyoni 10 Frw yaguze Album ye – VIDEO

Umuhanzi Ross Kana, uherutse gutandukana na Label ya 1:55 AM, yirinze gusobanura byeruye niba koko yarishyuye Miliyoni 10 Frw yavuzwe ko yaguzwe Album ya Bruce Melodie yitwa Colorful Generation.

Ni inkuru imaze igihe icicikana mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, ivugwaho byinshi, ariko nyiri ubwite ntasobanure byinshi, ahubwo asaba ko uwahawe ayo mafaranga – ari we Bruce Melodie – ari we ukwiriye gutanga igisubizo kirambuye.

Ross Kana yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki 4 Nyakanga 2025, ubwo yari agarutse i Kigali avuye mu Mujyi wa Mombasa muri Tanzania, aho yafatiye amashusho y’indirimbo ye nshya yise Molela, yakorewe na Producer Element n’umuhanga mu gufata amashusho, Director Gad.

Mu bihe bishize, byatangajwe ko mu Ukuboza 2024 Ross Kana yatanze Miliyoni 10 Frw kuri Bruce Melodie, mu rwego rwo kumushyigikira no kugura Album ye Colorful Generation.

Icyo gihe byafashwe nk’igikorwa kidasanzwe cy’ubufatanye hagati y’abahanzi babiri, ndetse benshi babibonaga nk’intsinzi y’umuziki nyarwanda, aho umuhanzi ashyigikira undi atagamije inyungu z’ubucuruzi ahubwo ari ugufasha umushinga mugenzi we.

Ariko kuva icyo gihe kugeza n’ubu, nta kimenyetso kigeze gitangazwa cyerekana ko ayo mafaranga koko yishyuwe. Ibyatangajwe n’ubuyobozi bwa 1:55 AM, aho Ross Kana yakoreraga icyo gihe, byarushijeho guteza urujijo kuko umwe mu bayobozi b’iyo Label aherutse kubwira InyaRwanda ko ayo mafaranga “ntayo Ross Kana yigeze atanga”.

Nyuma y’ukwezi kumwe n’iminsi asezeye muri iyi Label, Ross Kana yasubije iki kibazo mu magambo make, agaragaza ko atifuza kukigiraho byinshi, ahubwo ashyira igitutu ku muntu wagombaga kwakira ayo mafaranga.

Yagize ati “Icyo kibazo ndakigusubiza mu buryo bworoshye cyane. Ku buryo kitamara n’amasegonda atanu. Wowe ufite nimero za Bruce Melodie uzamuhamagare, uriya ni mukuru wanjye, nemera kandi nkunda, umubaze uti ‘Ese wa muhungu yaguze Album?’ Noneho igisubizo cye kizaba ari icya nyacyo kuruta icyo naguha.”

Ross Kana yakomeje avuga ko amafaranga yavuzwe atari agenewe ubuyobozi bwa 1:55 AM, ko ahubwo uwagombaga kuyahabwa ari Bruce Melodie ubwe. Ati “Mwibuke ko ahantu nari ndi, n’umuntu. Nta muyobozi wa 1:55 AM wabitangaza uretse Munyakazi (Bruce Melodie)".

Iyi mvugo irimo ubwitonzi no kwigengesera, yagaragaje ko Ross Kana adashaka kongera umuriro ku bivugwa cyangwa gushyamirana n’abahoze bamufasha. Yirinze kwemeza niba yarishyuye ayo mafaranga cyangwa niba atarayatanze, ibintu bamwe basoma nk’ubushishozi, abandi bakabyita “kwikura mu kibazo”.

Icyakora, iyi mvugo ye yatumye benshi bongera gushidikanya ku by’ukuri kuri ayo mafaranga, cyane ko na Bruce Melodie kugeza ubu nta jambo na rimwe aravuga kuri ibyo bivugwa. Nta rwandiko, kontaro cyangwa igihamya na kimwe cyigeze gitangazwa, ari nacyo gituma impaka kuri iyi nkuru zikomeje gufata indi ntera.

Ross Kana uri mu bahanzi bafite impano ikomeye, ari no kwiyubakira izina nk’umuhanzi wigenga nyuma yo kuva muri 1:55 AM. Indirimbo ye nshya Molela, yafatiwe amashusho i Mombasa, ni imwe mu zitezweho gusubiza umwuka mwiza mu muziki we no kongera kuzamura izina rye mu ruhando rwa muzika nyarwanda.

N’ubwo ibijyanye n’amafaranga bivugwa bigikomeje kuba urujijo, Ross Kana yagaragaje icyerekezo gishya mu buhanzi bwe, ahitamo kwibanda ku bikorwa kuruta amagambo.

Gusa, kugeza igihe Bruce Melodie azagira icyo atangaza cyangwa hagatangazwa ibimenyetso bifatika, ibivugwa kuri Miliyoni 10 Frw bizakomeza kuba agatereranzamba.


Ross Kana ati: “Umuntu ukwiriye kubazwa ayo mafaranga ni Bruce Melodie.”

Ross Kana yahisemo kuvuga make ku bivugwa aho kubihakana cyangwa ngo abyemeze


Ross Kana yagarutse i Kigali kuri uyu wa Kane tariki 4 Nyakanga 2025 avuye gukorera indirimbo i Mombassa


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...