Ross Kana ntiyahiriwe n’igitaramo cyo ku ivuko i Nyagatare - AMAFOTO

Imyidagaduro - 19/07/2026 12:47 PM
Share:

Umwanditsi:

Ross Kana ntiyahiriwe n’igitaramo cyo ku ivuko i Nyagatare - AMAFOTO

Hari ibitaramo umuhanzi ahora arota kuririmbamo. Iyo ari ku ivuko, aho yakuriye, imbere y'abamuzi kuva akiri umwana, biba bifite ubusobanuro bwihariye. Ni na ko byari bimeze kuri Ross Kana ubwo yageraga kuri Stade ya Goligota i Nyagatare mu gitaramo cya gatanu cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026.

Uyu muhanzi wavukiye i Nyagatare yazamutse ku rubyiniro afite akanyamuneza kadasanzwe, agaragaza ko gukorera igitaramo ku butaka yavukiyeho ari kimwe mu bihe bikomeye mu rugendo rwe rwa muzika.

Akigera ku rubyiniro, Ross Kana yatangiriye ku ndirimbo "Fou de Toi" yakoranye na Element EleéeH na Bruce Melodie. Abafana be, cyane cyane abo mu karere akomokamo, bahise bamwakirana urugwiro, baririmbana na we ijambo ku rindi.

Akimara kuyisoza, yabwiye imbaga yari yuzuye kuri Stade ya Goligota ati: "Ibyo mwigira byose uyu munsi harashya. Njye navukiye hano."

Aya magambo yakurikiwe n'impundu n'amashyi menshi, bigaragaza uburyo abaturage b'iwabo bishimiraga kubona umwe mu bana babo ari ku rubyiniro rwa MTN Iwacu Muzika Festival.

Yakomereje ku ndirimbo "Sesa", imwe mu ndirimbo zafashe umwanya munini mu gitaramo cye kuko yayibyinanaga n'abafana, bose bayiririmbana bafite ibyishimo.

Nyuma yakurikiyeho "Mami", yasohoye mu 2024, mbere yo kwinjira mu ndirimbo "Molela". Icyo gihe byasaga n'aho yari agiye gukomeza urugendo rwe ku rubyiniro, ariko ibintu bihinduka mu buryo butunguranye.

Mu gihe yari amaze iminota igera kuri 20 aririmba, umuriro w'amashanyarazi wahise ubura, ibyuma byose birazima, umuziki urahagarara, Ross Kana na we ava ku rubyiniro.

Abari bitabiriye igitaramo bari bizeye ko ikibazo cyari gikemutse vuba, ndetse nyuma y'uko umuriro ugarutse, bamwe batangiye gusaba ko Ross Kana agaruka agakomeza aho yari agejeje.

MC Buryohe na Bianca Baby na bo basabwe n'abafana kugerageza kumusubiza ku rubyiniro, ariko ntibyashobotse.

Mu gihe abafana bari bagitegereje ko agaruka, Ross Kana yari yamaze gufata imodoka arigendera. Ndetse ntiyanabashije kuganira n'itangazamakuru kuko yahise ava aho igitaramo cyabereye.

Ni ibintu byasigiye benshi agahinda, cyane cyane ko iki cyari igitaramo yakoreye hafi cyane y'aho yavukiye. Stade ya Goligota yakiriyemo igitaramo iri mu ntera nto uvuye aho akomoka, ndetse n'abagize umuryango we barahatuye.

Ku muhanzi wari ufite inyota yo kwereka ab'iwabo ibyo amaze kugeraho mu muziki, byarangiye atabashije gusoza gahunda yari yabateguriye.

Ross Kana, amazina ye nyakuri akaba Rubangura David, yari yitezwe cyane muri iki gitaramo kubera ko cyabereye ku ivuko rye.

Nubwo yakiriwe neza kandi abafana bakamwereka urukundo rwinshi, ibura ry'umuriro ryatumye atarangiza igitaramo cye, bituma igitaramo cyo ku ivuko cye kitamuhira nk'uko we n'abamukunda bari babyiteze.

Ross Kana ntiyabashije gusoza igitaramo ku ivuko rye i Nyagatare, ni nyuma y'uko umuriro ubuze ari ku rubyiniro

Ross Kana yataramiraga benshi bo mu bakuranye ku ivuko rye, ariko ntiyahiriwe n'iki gitaramo cyabereye i Nyagatare

Ross Kana yaririmbye indirimbo zinyuranye, mbere y'uko amara igihe kitari gito ategereje ko umuriro ugaruka ku rubyiniro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...