Uyu muhanzi umaze kwigarurira imitima ya benshi binyuze mu
bihangano bye byuje ubuhanga n’inyandiko zifite ubutumwa, agiye kongera kwagura
imbibi z’urugendo rwe agera ku bafana bo hanze y’u Rwanda.
Ni ubwa mbere azaba aririmbiye muri Uganda, igihugu gifite
isoko rinini ry’umuziki n’ahantu hahurira ibyamamare by’akarere ka Afurika
y’Iburasirazuba.
Mu myaka ye mike mu muziki, Ross Kana yagiye agaragara mu
bitaramo bikomeye byamubereye urubuga rwo kumenyekanisha impano ye.
Yatumiwe mu bikorwa bitandukanye birimo ‘Let’s Celebrate’,
‘The Silver Gala’ n’ibindi byakomeje kumuha isura y’umuhanzi ushoboye mu gihe
gito amaze ari mu rubuga rw’imyidagaduro.
Aheruka gukorera ibikorwa muri Tanzania, aho yahakoreye
indirimbo ‘Molela’, imwe mu zamufashije gutumbagira no kubona abafana mu bihugu
bitandukanye.
Iki gitaramo giteganyijwe ku wa 23 Ugushyingo 2025, kizabera
ahitwa Paradigm Kampala, hamwe mu hantu hahenze kandi hakomeye mu Mujyi wa
Kampala, hazwiho kwakira ibitaramo by’abahanzi bakomeye n’inkoramutima
z’umuziki.
Paradigm iherutse gutaramirwamo na Element, umwe mu ba
Producer bagezweho mu Rwanda watangaje abakunzi b’umuziki muri Uganda mu minsi
ishize. Ibi bituma n’umusaruro utegerejwe kuri Ross Kana witezwe kuba ku rwego
rwo hejuru.
Abategura iki gitaramo, cyiswe “Sunset Brunch”, batangaje ko
intego ari ugufasha abakunzi b’umuziki uburyo bushya bwo kwinjira mu mpera
z’icyumweru bizihirwa n’indirimbo bazirikana kuri Ross Kana.
Basaba abafana be n’undi mubare munini w’abakunzi b’umuziki
muri Uganda kutazacikwa n’iki gitaramo gitegerejwe n’ingenzi z’umuziki
w’akarere.
Uyu muhanzi agaragaza ko yiteguye gutanga ibirori bidasanzwe, byubakiye ku guhura n’abafana be bo hanze y’igihugu bwa mbere, no gukomeza kwerekana ko umuziki we ufite umurongo wagutse ugera kure.

Nyuma y’imyaka ine mu muziki, Ross Kana agiye guhura n’abafana
be bo muri Uganda bwa mbere

Nyuma ya Element wahakoreye igitaramo gikomeye, Paradigm
igiye kwakira Ross Kana mu mwuka mushya w’umuziki

Ross Kana agiye gutamira muri Uganda, mu gihe afite indirimbo
ikunzwe muri iki gihe yise ‘Molela’
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MOLELA’ YAROSS KANA
