Uru rugendo rwiswe ‘Imbaraga
Gorilla Walk 2026’, ruzaba rufite insanganyamatsiko igira iti ‘Walk for the
Wild’, rukazaba mu rwego rwo kwizihiza no gushyigikira ibikorwa bijyanye
n’umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 22 uzaba ku wa 4 Nzeri 2026.
Bazongere azatangira uru rugendo i
Kigali ku wa 2 Nzeri 2026, akomeze urugendo kugeza ku wa 3 Nzeri, ubwo azaba
ageze i Musanze. Ku wa 4 Nzeri, we n’abazaba bamuherekeje bazakomereza i Kinigi
aho hazabera umuhango wo Kwita Izina.
Mu kiganiro na InyaRwanda,
Bazongere yavuze ko ‘Imbaraga Gorilla Walk’ atari urugendo rwo kugenda
n’amaguru gusa, ahubwo ari igikorwa cyashyizweho kugira ngo gitange ubutumwa
bwagutse ku bijyanye n’ubuzima, ibidukikije n’ubukerarugendo.
Ati: “Imbaraga Gorilla Walk 2026 ni
urugendo rwo kugenda n’amaguru rugamije guhuza siporo n’imibereho myiza,
ubukerarugendo, kubungabunga ibidukikije ndetse no guteza imbere kurengera
ingagi n’ibinyabuzima.”
Akomeza avuga ko insanganyamatsiko
y’uyu mwaka, ‘Walk for the Wild’, igamije kwibutsa abantu ko kurinda
ibidukikije n’inyamaswa ari inshingano ya buri wese.
Ati: “Insanganyamatsiko y’uyu mwaka
ni ‘Walk for the Wild’, bisobanuye ko tugenda tunashyigikira ibidukikije
n’inyamaswa, cyane cyane ingagi zo mu Rwanda.”
Kuri Bazongere, urugendo rwa
Kigali-Musanze rufite igisobanuro kirenze kuba ari urugendo rwo gukora siporo.
Ni uburyo bwo gukoresha siporo nk’umuyoboro wo gutanga ubutumwa no kwegera
abantu, cyane cyane mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira ibirori ngarukamwaka byo
Kwita Izina.
Ati: “Ni urugendo ruteganyijwe kuva
i Kigali rugana i Kinigi/Musanze, mu rwego rwo kwizihiza no gushyigikira
ibikorwa byo Kwita Izina 2026. Intego si ukugenda gusa, ahubwo ni ugukoresha
urugendo nk’uburyo bwo guteza imbere ubuzima bwiza, guteza imbere
ubukerarugendo bwo mu Rwanda no gukangurira abantu kugira uruhare mu
kubungabunga umurage wacu kamere.”
Avuga ko ubutumwa bw’uru rugendo
bwubakiye ku gitekerezo cy’uko siporo ishobora kuba inzira yo guhuza abantu
n’ibikorwa byo kurengera ibidukikije.
Ni muri urwo rwego ‘Walk for the
Wild’ yabaye umusingi w’iki gikorwa, kuko ihuza kurengera ibidukijije, siporo
n’ubuzima bwiza, ubukerarugendo ndetse no kubungabunga ibidukikije.
Urugendo Bazongere agiye gukora
ruzaba rufite umwihariko wo kuba ruhuza ibice bibiri by’ingenzi by’u Rwanda:
Kigali, umujyi mukuru w’igihugu, na Musanze, umujyi uri hafi y’ahantu h’ingenzi
mu bukerarugendo bw’ingagi.
Kuva ku wa 2 kugeza ku wa 3 Nzeri,
Bazongere azaba akora urugendo yerekeza i Musanze, mbere yo gukomeza i Kinigi
ku munsi ukurikiyeho.
Abazashobora kumuherekeza no gusoza
uru rugendo bazakomerezanya na we mu rugendo rugana i Kinigi ku wa 4 Nzeri, aho
bazitabira ibikorwa byo Kwita Izina abana b’ingagi 22.
Ni urugendo rero ruzaba rufite aho
ruhuriye n’ibirori bikomeye by’igihugu, ariko ubutumwa bwarwo bukaba burenze
umunsi umwe w’ibirori: ni ugukangurira abantu gukomeza kugira uruhare mu
kubungabunga ibidukikije n’ibinyabuzima.
Rosine Bazongere asanzwe ari umuntu
ukunda siporo ndetse no gukora ingendo z’amaguru mu rwego rwo gukangurira
abantu kwitabira ibikorwa bitandukanye.
Kuri iyi nshuro, yahisemo gushyira
imbaraga kuri gahunda yo kurengera ibidukikije no kubungabunga ingagi,
ashingiye ku mwanya u Rwanda rufite mu bukerarugendo bushingiye ku nyamaswa
n’ibidukikije.
‘Imbaraga Gorilla Walk 2026’ rero
iza nk’igikorwa gihuza ibyo Bazongere asanzwe akunda, siporo n’ingendo n’ubutumwa
bwagutse bwo kurengera umurage kamere w’u Rwanda.
Ni ukuvuga ko kuri we, kugenda
n’amaguru atari ukugera aho ujya gusa. Ni uburyo bwo gutanga ubutumwa,
gukangurira abandi kugira uruhare no kwibutsa abantu ko kubungabunga
ibidukikije ari igikorwa kigomba gukorwa buri munsi.
Mu gihe u Rwanda rwitegura Kwita Izina abana b’ingagi 22 ku wa 4 Nzeri 2026, Bazongere azaba ari mu rugendo rwe rw’amaguru, aherekejwe n’ubutumwa bumwe: gukora siporo ku bw’ubuzima, gutembera ku bw’ubukerarugendo, no kugenda ku bw’ibidukikije n’inyamaswa.

Rosine Bazongere yatangaje ko agiye gukora urugendo n’amaguru Kigali –Musanze mu rwego rwo kwitegura umunsi wo Kwita Izina abana b’ingagi

Rosine asanzwe akora ingendo nk’izi
zigamije gutanga ubutumwa bunyuranye, kuri iyi nshuro yabihuje no kurengera ingagi
