Abari ku rutonde rwa nyuma rw'abahatanira aka kazi ko gutoza ikipe ya Bugesera ni Habimana Sosthéne, Mbarushimana Shaban, Gatera Moussa, Etienne Ndayiragije na Marcel Romami.
Habimana Sosthéne ni umwe mu batoza bafite uburambe muri ruhago y'u Rwanda, aho yanyuze mu makipe arimo Musanze FC, Amagaju FC no mu ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'abatarengeje imyaka 15 na 17 anagira uruhare mu kuzamura impano z'abakinnyi bakiri bato.
Mbarushimana Shaban wari usanzwe atoza AS Kigali ndetse kuri ubu akaba arimo kwigira License A ari ku rutonde rw'aba batoza batanu bari mu rugamba rwo guhatanira akazi muri Bugesera FC.
Gatera Moussa ni umwe mu batoza b'abanyarwanda bamaze kubaka izina muri shampiyona y'imbere mu gihugu. Mu mwaka ushize yari umutoza wa AS Muhanga, aho yagaragaje ubushobozi bwo guhangana nubwo byarangiye AS Muhanga imanutse mu cyiciro cya kabiri.
Etienne Ndayiragije ni umutoza w'umurundi ufite uburambe bukomeye mu karere. We si ubwa mbere yaba agiye gutoza Bugesea FC kuko ya mu mwaka wa 2026 yatoje iyi kipe amezi atandatu mbere y'uko yerekeza mu ikipe y'Ighugu y'u Burundi. Yanatoje kandi Kenya Police, Vital'O FC ndetse n'ikipe y'Igihugu ya Tanzania.
Marcel Romami na we ari mu bahabwa amahirwe menshi nyuma yo gutandukana na Rayon Sports yari abereye umutoza wa jabiri wungirije. Azwiho kugira uburyo bwo gukina bushingiye ku mupira wo hasi no kubaka ikipe irangwa n'ubwugarizi bukomeye.
Mu batoza batanu bari mu biganiro, Romami, Ndayiragije na Gatera ni bo bavuga ko bafite amahirwe menshi yo guhabwa inshingano zo kuyobora Bugesera FC yasoje umwaka w'imikino wa BK Pro League 2025/26 iri ku mwanya wa munani. Ubuyobozi bw'iyi kipe bwitezweho gutangaza umutoza mushya mu minsi ya vuba.
Abarimo Habimana Sosthéne, Mbarushimana Shaban, Gatera Moussa, Etienne Ndayiragije na Marcel Romami bari guhatanira akazi muri Bugesera FC
