Macklemore yari mu
bahanzi bafashaga Ed Sheeran mu bitaramo bya Loop Tour muri Amerika, ariko
ikibazo cyavutse nyuma y’uko uyu muraperi agaragaje ku mugaragaro ko
ashyigikiye Abanyapalestine mu gitaramo yakoreye kuri MetLife Stadium muri New
Jersey.
Muri icyo gitaramo,
Macklemore yavugiye ku rubyiniro amagambo agira ati “Palestine ibohorwe”, anacuranga
indirimbo ye yise Hind’s Hall, izwiho kuba ivuga ku ntambara n’ibibazo
biri muri Gaza. Hanagaragajwe amashusho ajyanye n’ibibera muri Gaza.
Nyuma yaho, Macklemore yavuze ko yavanywe muri iyi gahunda y’ibitaramo nyuma y’uko Robert Kraft, umuyobozi wa Kraft Group ifite Gillette Stadium muri Massachusetts, atishimiye ko uyu muraperi yari gukomeza kugaragara muri ibyo bitaramo.

Macklemore yavuze ko Ed
Sheeran yamubwiye ko Kraft yari yavuze ko atazemera ko akorera igitaramo kuri
Gillette Stadium, ndetse ko yari yanavuganye n’abandi bafite ibibuga by’imikino
kugira ngo na bo batemerera Macklemore gukomeza kugaragara muri ibyo bitaramo.
Kraft yaje kwemeza ko
yafashe icyemezo cyo kutemerera Macklemore kuririmbira kuri Gillette Stadium,
ariko ntiyigeze asobanura ku giti cye niba yarasabye abandi bafite ibibuga
gufata icyemezo nk’icyo.
Messina Touring Group,
ishinzwe gutegura ibitaramo bya Ed Sheeran muri Amerika, na yo yavuze ko hari
ibibuga byari byamenyesheje ko bitazemera ko ibitaramo birimo Macklemore nk’uzaririmba
bikomeza, ibintu bishobora gutuma ibitaramo bisigaye bihagarikwa.
Mu gihe ibi bibazo byari
bikomeje, Ed Sheeran yavuze ko icyemezo cyo gukura Macklemore mu bitaramo
kitafashwe na we, ahubwo ko cyafashwe n’abategura ibitaramo ndetse n’abafite
ibibuga byari biteganyijwe kuberamo.
Yakomeje avuze ko yari
yagerageje gushaka igisubizo kuri iki kibazo, ndetse ko yavuganye na bamwe mu
bafite ibibuga, barimo Robert Kraft, ariko ko atabashije kubahindura ku cyemezo
bari bafashe.
Uyu muhanzi yavuze kandi
ko ababajwe cyane n’ibiri kubera muri Israel na Palestine, ashimangira ko
intambara zose ku isi zitera ububabare bukabije kandi ko zigomba guhagarara.
Sheeran yanamaganye
abamushinja kuba atagira uruhare mu bibazo biri kubera mu karere kubera ko
adakunda kubitangaho ibitekerezo ku mugaragaro. Yavuze ko kuba atavuga ku mbuga
cyangwa mu bitaramo bidashaka kuvuga ko nta bitekerezo cyangwa impuhwe afite.
Ku rundi ruhande, Roger Waters we yafashe umwanya anenga Sheeran, ashyigikira Macklemore kuba yaragaragaje ku mugaragaro ibitekerezo bye ku kibazo cya Palestine.

Mu butumwa yashyize ku
mbuga nkoranyambaga ze, Waters yashyizeho amashusho yise “Ed ni muntu ki?”, aho
yashimiye Macklemore kuba yaravuze ku bibazo by’Abanyapalestine, anashinja Ed Sheeran
gukora ibitandukanye n’ibyo we abona ko bikwiye.
Waters yagize ati: “Hari
amoko abiri y’abantu muri iyi si. Hari abakora igikwiye, kandi umuraperi
Macklemore ni umwe muri bo. Hari n’abakora ibitari byo, nkawe ‘Ed Sherran’.” Yasoje
ubutumwa bwe atuka Sheeran.
Ed Sheeran kandi yavuze
ko atazahagarika ibitaramo bye byari bisigaye, kuko kubihagarika byagira
ingaruka ku bafana bari barabiteguye, abakozi bakorana na we mu rugendo
rw’ibitaramo ndetse n’abandi bahanzi bari bategereje kuzamurika impano zabo.
Yavuze ko adashaka
gutenguha abafana bamaze kubyitegura, cyangwa ngo atere ikibazo abakozi
n’abandi bahanzi batungwa n’akazi ko muri ibyo bitaramo.
