Rodri wa Manchester City yaciye amarenga yo kwerekeza muri Real Madrid

Imikino - 26/03/2026 9:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Rodri  wa Manchester City yaciye amarenga yo kwerekeza muri Real Madrid

Umukinnyi wo hagati w’Umunya-Espagne, Rodri Hernández, uri mu bakinnyi ngenderwaho ba Manchester City wagiye uvugwa cyane muri Real Madrid yaciye amarenga yo kwerekezayo.


Mu kiganiro yagiranye na Radio yo muri Espagne, Rodri yavuze ko kuba yaranyuze muri Atlético de Madrid bidakwiye gufatwa nk’inzitizi yamubuza gukinira Real Madrid, ashimangira ko hari n’abandi bakinnyi banyuze muri ayo makipe yombi.

Yagize ati: “Kuba narakiniye Atlético de Madrid ntibimbuza gukinira Real Madrid. Hari abandi babikoze,. Mu mupira w’amaguru, ntushobora kwanga amakipe akomeye ku isi.”

Uyu mukinnyi ntiyahishe kandi ko afite inzozi zo kongera gukina muri La Liga, aho yemeje ko kugaruka muri Espagne biri mu byo atekereza.

Ati: “Kugaruka muri Espagne ni ikintu nifuzaga kandi nkiri no gutekereza. Birumvikana ko byanshimisha kongera gukinira i Madrid.”

Ku bijyanye n’amasezerano ye muri Manchester City, Rodri yavuze ko asigaje igihe gito, bityo ko igihe kizagera bakajya mu biganiro.

Yagize ati: “Nsigaranye umwaka umwe ku masezerano yanjye. Igihe kizagera tugomba kwicarana tukaganira ku hazaza.”

Nubwo izina rye rimaze igihe rihuzwa na Real Madrid, Rodri yavuze ko nta biganiro byihariye aragirana n’ubuyobozi bw’iyo kipe, ashimangira ko niba bihari bikorwa n’abamuhagarariye.

Ati: “Sinzi niba abayobozi ba Real Madrid bankunda. Ntabwo bavugana nanjye, bavugana n’uhagarariye inyungu zanjye.”

Yibukije kandi ko no mu mwaka wa 2024 yavuze ko guhamagarwa na Real Madrid ari icyubahiro gikomeye ku mukinnyi uwo ari we wese, bityo bikaba ari amahirwe atakwirengagizwa.

Ku bijyanye n’igihembo cya Ballon d’Or yegukanye, Rodri yavuze ko hari abagerageje kumushyira mu makimbirane na Vinicius Jr, ariko we akavuga ko amwubaha.

Ati: “Hari abashatse kuduteranya, ariko si byo. Nubaha cyane Vinicius ku byo yakoze.”

Uyu mukinnyi yagaragaje ko nubwo yegukanye iki gihembo gikomeye, atigeze ahindura imyitwarire ye cyangwa imibereho ye, ahubwo yakomeje kuguma ari wa wundi usanzwe.

Ati: “Ndi umukinnyi udasanzwe mu buryo bwanjye. Nta mbuga nkoranyambaga ngira, nta n’ibishushanyo mfite ku mubiri.”

Ku ruhande rw’ikipe y’igihugu ya Espagne, Rodri yagaragaje icyizere gikomeye, avuga ko bafite intego yo kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2026.

Ati: “Tuzatwara Igikombe cy’Isi. Dufite ikipe nziza kandi ihora itera imbere.”

Rodri yaciye amarenga yo kwerekeza muri Real Madrid



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...