Robertinho yabonye akazi gashya muri Saudi Alabia

Imikino - 13/08/2025 4:03 PM
Share:

Umwanditsi:

Robertinho yabonye akazi gashya muri Saudi Alabia

Umunya Brazil Robertinho Oliveira watandukanye na Rayon Sports mu mwaka w’imikino wa 2024-25 hagati, yabonye akazi ko gutoza Jeddah SC yo muri Saudi Alabia.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025 ni bwo ikipe ya Jeddah SC ikina shampiyona yo mu cyiciro cya kabiri muri Saudi Alabia yatangaje ko umunya Brazil, Robertinho Oliveira wamamaye nka Robertinho, ari we wagizwe umutoza mukuru wayo.

Robertinho Oliveira abonye akazi ko gutoza ikipe ya Jeddah SC nyuma y’igihe gito yari ari mu mirimo ijyanye n’umupira w’amaguru ariko itari iyo gutoza, aho yari muri sosiyete ya Sportify Sports Management ireberera inyungu z’abakinnyi.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Robertinho yagize ati “Aha, buri mukino ni intambwe igana ku ntsinzi. Turi ikipe imwe intego ihora ari ibikombe, Burigihe.

Mu ikipe ya Rayon Sports, Robertinho ni umutoza utazibagirana na gato kuko ni we ubitse amateka akomeye yo kujyana ikipe muri kimwe cya kane mu mikino ya CAF Confederations Cup.

Uretse Rayon Sports na Jeddah SC, Robertinho yanatoje amakipe nka Gor Mahia, Vipers yo muri Uganda n’ayandi. Mu karere ka Afrika y’Uburasirazuba ahafite agahigo gakomeye ko kujyana amakipe atatu mu matsinda y’amarushanwa nyafurika.

Robertinho yabonye akazi gashya muri Saudi Alabia 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...