Robert Mueller wahoze ayobora FBI yitabye Imana ku myaka 81

Inkuru zishyushye - 21/03/2026 5:57 PM
Share:

Umwanditsi:

Robert Mueller wahoze ayobora FBI yitabye Imana ku myaka 81

Robert Mueller wahoze ari umuyobozi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI), yitabye Imana afite imyaka 81. Azwi cyane ku ruhare yagize mu iperereza ku bivugwa ko u Burusiya bwivanga mu matora ya Perezida wa Amerika yo mu 2016.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuryango we ku wa Gatandatu, bagize bati: “Tubabajwe cyane no kubamenyesha ko Bob yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa Gatanu.” Basabye kandi ko ubuzima bwabo bwite bwakubahwa muri ibi bihe bikomeye.

Robert Mueller yagizwe umuyobozi wa FBI na Perezida George Bush muri Nzeri 2001, icyumweru kimwe mbere y’ibitero by’iterabwoba byo ku wa 11 Nzeri (9/11), byamushyize mu mwanya ukomeye wo guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano w’igihugu.

Nyuma y’ibi bitero byibasiye inyubako ya World Trade Center i New York, Mueller yagize uruhare rukomeye mu guhindura imikorere ya FBI, iva ku kurwanya ibyaha bisanzwe ijya ku kwibanda cyane ku mutekano w’igihugu.

Mu 2013 yavuye ku buyobozi bwa FBI, ariko mu 2017 ashyirwaho nk’umushinjacyaha wihariye (Special Counsel) uyobora iperereza rya Minisiteri y’Ubutabera ku byerekeye u Burusiya n’amatora ya 2016, yatsinzwe na Donald Trump atsinda Hillary Clinton.

Mueller asize umugore we n’abana babiri.

Robert Mueller wahoze ayobora FBI yitabye Imana ku myaka 81

Robert Mueller azwi cyane ku ruhare yagize mu iperereza ku bivugwa ko u Burusiya bwivanga mu matora ya Perezida wa Amerika yo mu 2016


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...