Nubwo
hashize imyaka igera ku 10 adashyira hanze album nshya, Rihanna akomeje
kwandika amateka akomeye ashingiye ku ndirimbo ze zakunzwe cyane mu bihe
bitandukanye.
Kugeza
ubu, amaze kugera kuri miliyoni 200.5 z’indirimbo zemejwe na RIAA, ibintu
bitari byigeze bigerwaho n’undi mugore wese mu mateka y’umuziki.
Mu
rutonde rw’abahanzi bose ku Isi bafite imibare myinshi y’izi “single
certifications”, Rihanna ari ku mwanya wa gatatu, aho arushwa na Drake uri ku
mwanya wa mbere n’indirimbo zemejwe zirenga miliyoni 277.5, akurikirwa na
Morgan Wallen ufite miliyoni 215.
Ibi
byemezo bitangwa na RIAA bigendanye n’igihe. Mbere y’uko haza ikoranabuhanga
rigezweho, habarwaga umubare w’inyandiko z’indirimbo (physical copies)
zagezwaga ku masoko.
Nyuma
haza kugenderwa ku kugura indirimbo kuri internet nka iTunes, naho ubu hakaba
hifashishwa uburyo bwo kumva indirimbo kuri murandasi (streaming), aho kumva
indirimbo inshuro 150 bingana no kuyigura inshuro imwe.
Ibi
ni byo bituma abahanzi bo mu bihe bya vuba biganjemo abakoresha cyane ‘streaming’
nka Kanye West, Beyoncé na Luke Combs baza ku isonga, mu gihe abahanzi
bakanyujijeho mu myaka yashize nka Michael Jackson na Queen bari inyuma muri
iyi mibare.
Nubwo
Rihanna atasohoye album nshya kuva mu 2016, yakomeje kugaragara mu bikorwa
bitandukanye birimo igitaramo cya Super Bowl Halftime Show mu 2023, ndetse
anasohora indirimbo nka “Lift Me Up” yakorewe filime Black Panther: Wakanda
Forever ndetse na “Friends of Mine” yo muri filime Smurfs.
Icyakora,
igikomeje kumwubakira izina ni indirimbo ze zakunzwe cyane nka “Umbrella”,
“Only Girl (In the World)”, “Don’t Stop the Music” na “We Found Love”, zikomeje
kumvwa ku rwego rwo hejuru umunsi ku wundi.
Rihanna
kandi amaze igihe ategerejweho Album ye ya cyenda, nubwo yayikozeho imyaka
myinshi.
Mu
kiganiro aherutse kugirana n’ikinyamakuru Harper’s Bazaar mu 2025, yavuze ko
atagihagaze ku njyana imwe nk’uko byari byavuzwe mbere, ahubwo ari gushaka
gukora umuziki ujyanye n’iterambere rye.
Yagize
ati: “Nta njyana imwe nkiriho ubu. Ni yo mpamvu nategereje igihe kirekire.
Nashakaga gukora ibintu bihuye n’uko ndi gukura no guhinduka.”
Iyi Album niramuka igiye hanze, ishobora kurushaho kuzamura imibare ye, ndetse ikamuha amahirwe yo kurenga Drake na Morgan Wallen, akazaba umuhanzi wa mbere ku Isi ufite indirimbo zemejwe na RIAA kurusha abandi bose.

Nubwo
amaze imyaka 10 adasohora album nshya, Rihanna akomeje kwerekaka ubukana bwe mu
muziki, aho yabaye umugore wa mbere mu mateka ugeze kuri miliyoni 200
z’indirimbo zemejwe na Recording Industry Association of America, akomeza
kwiyandika mu bakomeye ku Isi
