Riderman yashyize hanze indirimbo ye nshya ‘Inyuguti ya R’ yongeye kwibasiramo itangazamakuru–YUMVE

Imyidagaduro - 01/10/2017 2:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Riderman yashyize hanze indirimbo ye nshya ‘Inyuguti ya R’ yongeye kwibasiramo itangazamakuru–YUMVE

Riderman ni umwe mu baraperi bamaze igihe kinini muri muzika ariko akaba adakunze kugaragara yasubiye inyuma. Kuri ubu uyu muraperi yamaze gushyira hanze indirimbo ye nshya yise ‘Inyuguti ya R’ yumvikanamo amagambo anyuranye asa n'abwira benshi mu baba muri muzika ndetse n’itangazamakuru atungfa agatoki mu kurya ruswa.

Muri iyi ndirimbo nshya ya Riderman yumvikana avuga amagambo yigeze kuririmba agateza urujijo ko yaba yibasiye Bull Dogg, aha yagize ati”R muri Rusake ntibarizwa mu mbwa zimoka zitaryana zimarira amenyo mu nda…” Mu kiganiro yahaye Inyarwanda.com Riderman yatangaje ko ntamuntu yabwiraga ahubwo ko afite ibindi ibi bisobanuye.

Iyi ndirimbo yiganjemo amagambo yo kwitaka,gutaka abandi, no kuvuga ibyo uyu muhanzi yumva yumvikanamo kandi amagambo yibasira itangazamakuru amaze iminsi ashinja kwica Hip Hop aho abanyamakuru banga gukina iyi njyana kuko abayikora batabaha amafaranga we agahamya ko adatanga ruswa kugira ngo bamucurange.riderman

ridermanRiderman

Iyi ikaba ari imwe mu ndirimbo uyu muraperi azamurika kuri Mixtape nshya ari gukora dore ko ateganya gukora igitaramo cyo kuyumvisha abantu mu mpera z’uyu mwaka.

UMVA HANO IYI NDIRIMBO ‘INYUGUTU YA R’ YA RIDERMAN

 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...