Richard Nick Ngendahayo yatangaje itariki y’igitaramo cye cya Kabiri i Kigali

Imyidagaduro - 11/06/2026 4:56 PM
Share:

Umwanditsi:

Richard Nick Ngendahayo yatangaje itariki y’igitaramo cye cya Kabiri i Kigali

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo, yatangaje ko agiye kongera gutaramira abakunzi be i Kigali mu gitaramo cya kabiri yise “Ni We Healing Concert – Edition 2”, kizaba ku wa 28 Ugushyingo 2026.

Iki gitaramo kigiye kuba nyuma y’amezi make Richard Nick agarutse ku rubyiniro rwo mu Rwanda nyuma y’imyaka 17 yari amaze adataramira imbere y’abakunzi be bo mu gihugu.

Ku wa 29 Ugushyingo 2025, yakoreye igitaramo muri BK Arena cyitabiriwe n’abiganjemo abakunda indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, benshi bagaragaza ko cyabereye ihumure n’umugisha ku bitabiriye.

Mu butumwa aherutse gutangaza, Richard Nick yavuze ko yanyuzwe cyane n’uburyo yakiriwe mu gitaramo giheruka, ashimangira ko urukundo yeretswe n’abakunzi be rwamukoze ku mutima kandi rumwongerera imbaraga zo gukomeza umurimo we wa muzika n’ivugabutumwa.

Yagaragaje kandi ko igitekerezo cyo gutegura igitaramo cya kabiri cyaturutse ku byifuzo by’abakunzi be basabye ko iki gikorwa cyajya kiba buri mwaka.

Yagize ati: “Nk’uko mwabisabye ko igitaramo kizajya kiba buri mwaka, ni ko bizubahirizwa Imana nibishaka. Byose tubikesha Imana. Ibyo twifuza byose tujye tubishyira imbere yayo, igihe cyayo nikigera bigasohora.”

Uyu muhanzi yavuze ko imyiteguro y’iki gitaramo igeze kure, ndetse anahishura ko ari gutegura indirimbo nshya zizaba zikubiyemo ubutumwa bwo gukomeza abantu no kubafasha gukura mu buzima bw’umwuka.

Ati: “Izo ndirimbo zirimo ubuzima. Iyo ndirimba mba numva Imana iri kuvugira muri njye.”

Richard Nick yanasabye umugisha u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange, ashishikariza abantu gukomeza kwegera Imana no kwakira agakiza nk’inzira ibafasha guhangana n’ibigeragezo by’ubuzima.

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi bagize uruhare rukomeye mu iterambere rya muzika yo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

Yatangiye urugendo rwe rwa muzika mu myaka ya 2000, aza kwamamara binyuze mu ndirimbo zakunzwe cyane zirimo ‘Ni We’, ‘Ibuka’, ‘Si Umuhemu’, ‘Yambaye Icyubahiro’ na ‘Sinzakwitesha’.

Mu mwaka wa 2010, yimukiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aho yakomeje ibikorwa byo kwamamaza ubutumwa bwiza binyuze mu muziki no mu murimo wo kwigisha ijambo ry’Imana mu matorero atandukanye.

Nubwo amaze imyaka myinshi atuye hanze y’u Rwanda, indirimbo ze zakomeje gukundwa n’abatari bake, ndetse zikomeza gufatwa nk’umurage ukomeye muri muzika nyarwanda yo kuramya no guhimbaza Imana.

Igitaramo “Ni We Healing Concert – Edition 2” gitegerejwe na benshi mu bakunzi ba Gospel, by’umwihariko abakomeje gukurikirana ibikorwa bya Richard Nick kuva yatangira urugendo rwe rwa muzika kugeza n’ubu.

Richard Nick Ngendahayo, agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ye ya Kabiri mu gitaramo cyiswe “Niwe Healing Concert Edition 2” kizaba tariki 28 Ugushyingo 2026 muri BK Arena

Richard Nick Ngendahayo yaherukaga i Kigali mu Ugushyingo 2025, mu gitaramo cyahembuye imitima ya benshi nyuma y’imyaka 17 yari amaze adataramira mu Rwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...