Richard Nick Ngendahayo utegerejwe i Kigali yagaragaje Israel Mbonyi na Gentil Misigaro nk'abaramyi Imana yahagurukije

Imyidagaduro - 24/10/2025 8:26 AM
Share:

Umwanditsi:

Richard Nick Ngendahayo utegerejwe i Kigali yagaragaje Israel Mbonyi na Gentil Misigaro nk'abaramyi Imana yahagurukije

Nyuma y’imyaka 15 abarizwa muri Amerika, Richard Nick Ngendahayo agiye kongera guhura n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda. Ku itariki ya 29 Ugushyingo 2025, azataramira muri BK Arena mu gitaramo cyitezweho kuba kimwe mu by’ingenzi by’umwaka, aho azaririmbira imbona nkubone indirimbo zigize Album ye “Niwe” n’izindi zamenyekanye mu myaka ishize.

Mu kiganiro ‘Chill with Kamich’ cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Kamichi, Richard Nick yagaragaje ko n’ubwo yari amaze igihe atagaragara mu itangazamakuru, atigeze ava mu murongo wo kuramya Imana.

Yagize ati “Ni ukubera ko iyo igihe cy’Imana kigeze uraseruka. Icyo Imana yateguye kiragaragara. Nari mpari, ntaho nari naragiye. Abantu bashobora kuvuga ko wabivuyemo, bati wenda ziriya ni zo ndirimbo za nyuma, ariko narakoraga. Byose ni igihe cy’Imana.”

Israel Mbonyi na Gentil Misigaro ni impano zikomeye Imana yahaye u Rwanda

Richard Nick Ngendahayo, ufite ubunararibonye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yashimye abaramyi nyarwanda bamaze kubaka izina n’umurongo uhamye. Yavuze ko Israel Mbonyi, Gentil Misigaro na Gentil Bigizi ari bamwe mu baramyi Imana yahagurukije kugira ngo bazane impinduka mu bihe by’ubu.

Ati: “Israel Mbonyi ndamukunda. Uriya mwana aciye bugufi kandi arakora cyane. Ni umuntu usizwe rwose. Nawe ni impano ikomeye Imana yahaye u Rwanda. Gentil Misigaro ni umuririmbyi udasanzwe. Aho ari hose Imana izamuhe umugisha. Hari n’abandi bakobwa baririmbana bavukana, Vestine na Dorcas, bariya bana barimo Imana rwose.”

Yongeyeho ko atakwibagirwa izina rikomeye rya Aime Uwimana, Gentil Bigizi, Gaby Kamanzi, Patient Bizimana, ndetse na Alexis Dusabe witegura igitaramo cye muri Camp Kigali ku wa 14 Ukuboza 2025, avuga ko bose ari intumwa z’Imana zifashishwa mu kuramya.

Richard Nick Ngendahayo yavuze ko “Umuntu wese ubumbura akanwa akaririmba izina ry’Uwiteka, akarishyira hejuru kandi ibyo aririmba akabikora, uwo ni umuntu w’agaciro gakomeye imbere y’Imana.”

Avuga ko imyaka 15 amaze mu mujyi wa Dallas, yamubereye igihe cyo gukura mu bwenge no gusobanukirwa neza icyo kuramya bisobanuye. Ubu yiteguye gusangiza Abanyarwanda ubunararibonye bwe binyuze mu gitaramo cye kizabera muri BK Arena. Kanda Hano ubashe kugura itike yawe hakiri kare.

Uyu muramyi avuga ko iyo afashe indangururamajwi atangiye kuririmba "Imana ifite uburyo ihita ihindura ubwenge bwanjye ku buryo umbona ku rubyiniro ariko ndi kuramya.” Avuga ko afata igihe kinini mu gutunganya indirimbo ze, ku buryo rimwe na rimwe bishobora kumufata imyaka itanu kugira ngo asohore Album imwe.

Igitaramo cya Richard Nick Ngendahayo kizaba ari urubuga rwo guhuriza hamwe abaramyi n’abakunzi b’indirimbo z’Imana, mu buryo buhuje umuziki n’igisigo cy’umwuka. Yitezweho kwifatanya n’abandi bahanzi bo mu Rwanda, mu gitaramo kizaba kimeze nk’isengesho rihuriza hamwe imitima y’abakunda Imana.

Kuri ubu, amashusho y’indirimbo ze amaze kugera ku bantu benshi ku mbuga nkoranyambaga, by’umwihariko indirimbo “Niwe” yitiriwe album ye, n’izindi nka “Sumuhemu” na “Mbwira ibyushaka” zigaragaza impinduka n’ubusabane n’Imana.

Mu gihe Richard Nick Ngendahayo ategerejwe i Kigali, amagambo ye ashimangira ko umuziki wo kuramya Imana utagombera gusa ijwi ryiza, ahubwo usaba umutima umenetse imbere y’Imana.

Richard Nick Ngendahayo agiye gusubira imbere y’abakunzi b’umuziki wo kuramya Imana i Kigali, nyuma y’imyaka 15 abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika 


Umuramyi Richard Nick Ngendahayo avuga ko igihe cy’Imana kigeze kugira ngo agaragaze ibyo yamaze imyaka myinshi ategura 


Israel Mbonyi, Gentil Misigaro na Bigizi Gentil ni impano zidasanzwe Imana yahagurukije — Richard Nick Ngendahayo 


Richard Nick Ngendahayo yavuze ko indirimbo imwe ishobora kumufata imyaka itanu kuyitunganya kugira ngo ijye hanze nk’uko Imana ibyifuza


Ku wa 29 Ugushyingo 2025, BK Arena izakira igitaramo gikomeye cya Richard Nick Ngendahayo cyitwa “Niwe Healing Concert”

 Umuramyi Richard Nick Ngendahayo yashimye abaramyi bo mu Rwanda barimo Aime Uwimana, Gaby Kamanzi, Patient Bizimana na Alexis Dusabe

Richard Nick yagaragaje Israel Mbonyi nk’impano ikomeye Imana yahaye u Rwanda, avuga ko ibikorwa bye bigaragaza ubusabane afitanye n’Imana 


Richard Nick Ngendahayo yashimye Gentil Misigaro nk’umuramyi w’igitangaza, avuga ko indirimbo ze zigaragaza ubukure mu by’umwuka n’ubutumwa bukomeye

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KAMICHI YAGIRANYE NA RICHARD NICK NGENDAHAYO

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'AMENYA' YA RICHARD NICK NGENDAHAYO

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'NIWE' YA RICHARD NICK NGENDAHAYO


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'ANTSINDIRA INTAMBARA' YA GENTIL MISIGARO

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'SITAMUACHA' YA ISRAEL MBONYI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...