Richard Nick Ngendahayo agiye kongera gutaramira i Kigali

Iyobokamana - 14/05/2026 6:54 AM
Share:

Umwanditsi:

Richard Nick Ngendahayo agiye kongera gutaramira i Kigali

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo, yatangaje ko agiye kongera gukorera igitaramo gikomeye i Kigali, anahishura ko ageze kure imyiteguro yo gusohora indirimbo nshya amaze igihe ategurira abakunzi be.

Ni amakuru yanyujije kuri konti ye ya Instagram ku mugoroba wo kuri uyu wa 13 Gicurasi 2026, aho yasangije abakunzi be ubutumwa burimo gushimira uburyo bakomeje kumushyigikira no kwizera ko hari byinshi bishya biri imbere.

Richard Nick yavuze ko ubwo yavaga i Kigali nyuma y’igitaramo gikomeye yakoreye muri BK Arena, yasezeranyije abantu ko agiye gusohora indirimbo nshya, ariko aza guhura n’imbogamizi zatumye zitajya hanze mu gihe yari yarateganyije.

Yagize ati: “Nabasezeranyije indirimbo nshya, ariko habayeho imbogamizi zituma zidasohoka ku gihe. Gusa ziri hafi cyane gusohoka, kandi muzagenda mubona uko zikurikirana, ariko hajye hacamo igihe gito.”

Yavuze ko yanyuzwe bikomeye n’uburyo yakiriwe mu gitaramo yakoreye muri BK Arena ku wa 29 Ugushyingo 2025, aho yagaragaje ko kubona ibihumbi by’abitabiriye icyo gitaramo byamweretse ukuboko kw’Imana n’urukundo rw’abakunzi be.

Yashimangiye ko icyo gitaramo kitazaba icy’igihe kimwe gusa, ahubwo ko afite umugambi wo kujya agitera inkunga buri mwaka, ndetse ko imyiteguro y’icy’uyu mwaka igeze kure.

Ati: “Nk’uko mwabisabye ko igitaramo kizajya kiba buri mwaka, niko bizubahirizwa Imana nibishaka. Byose tubikesha Imana. Ibyo twifuza byose tujye tubishyira imbere yayo, igihe cyayo nikigera bigasohora.”

Richard Nick yavuze ko mu minsi iri imbere azatangaza itariki nyir’izina y’icyo gitaramo, anasaba abakunzi be gukomeza gusenga no gukomeza kwizera Imana.

Yanahishuye ko indirimbo ari gutegura zifite ubutumwa buremereye buzibanda ku buzima bw’umwuka no gukomeza abantu mu rugendo rw’agakiza. Ati: “Izo ndirimbo zirimo ubuzima. Iyo ndirimba mba numva Imana iri kuvugira muri njye.”

Uyu muhanzi yanaboneyeho gusabira umugisha u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange, anashishikariza abantu gutera intambwe yo kwakira agakiza no gukomeza kwegera Imana.

Richard Nick Ngendahayo yatangiye urugendo rwe rwa muzika mu myaka ya 2000, aza kuba umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

Yamamaye mu bihangano birimo ‘Ni We’, ‘Ibuka’, ‘Si Umuhemu’, ‘Yambaye Icyubahiro’, ‘Sinzakwitesha’ n’izindi zakomeje kuba ihumure ku mitima ya benshi.

Mu 2010, yafashe icyemezo cyo kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yakomeje umurimo wo kwamamaza ubutumwa bwiza binyuze mu muziki no kwigisha ijambo ry’Imana mu matorero atandukanye.

Nubwo atakigaragara cyane mu ruhame rwo mu Rwanda, indirimbo ze zakomeje gukundwa no gufatwa nk’umurage ukomeye muri muzika yo kuramya no guhimbaza Imana.

Richard Nick Ngendahayo yatangaje ko agiye kongera gukorera igitaramo mu Rwanda

Tariki 29 Ugushyingo 2026, Richard Nick Ngendahayo yahembuye ibihumbi by’abantu mu gitaramo gikomeye yakoreye muri BK Arena

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO YA RICHARD NICK NGENDAHAYO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...