Umuhango
wo kumurika iki gitabo wabereye kuri Kigali Convention Center kuri uyu wa
Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, witabiriwe n’abantu batandukanye barimo
Tito Rutaremara, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama
rw’Inararibonye; abanyeshuri baturutse mu mashuri makuru na kaminuza; abayobozi
b’inzego za leta n’iz’abikorera, ndetse n’abandi benshi.
Iki
gitabo kiri kuri paji zisaga 400, kandi cyanditswe mu buryo burambuye ku mateka
y’u Rwanda no ku musanzu wa RDF mu iterambere ry’igihugu.
Mu
gusobanura iki gitabo, Hategekimana Richard yashingiye ku ijambo Perezida Paul
Kagame yabwiye abasirikare ubwo yabasangaga ku rugamba nyuma y’urupfu rwa Fred
Gisa Rwigema.
Uyu
mwanditsi avuga ko iri jambo ryabaye umusingi w’urugamba rwo kubohora igihugu.
Ati: “Iki gitabo kirimo Ingabo zacu mu buzima bw’igihugu cyacu. Ingabo zigira
uruhe ruhare mu iterambere ry’imibereho y’Abanyarwanda. Uruhare rwabo
ntirushobora kugereranywa. No hanze y’u Rwanda, RDF igira uruhare mu kugarura
amahoro.”
Hategekimana
Richard yatangiye urugendo rwo kwandika ibitabo nyuma yo gusoza amasomo ye muri
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Iki
gitabo giha icyubahiro abagabo n’abagore b’intwari ba RDF, ku bwitange bwabo,
indangagaciro, kugarura amahoro, icyubahiro, n’iterambere ry’u Rwanda.
Intwari
z’ubwigenge, zamenyekanye cyangwa zitamenyekanye, zashyize imbere inshingano
kandi zayoboye igihugu “cyacu mu bihe by’ingorane kugeza ku bumwe, kwiyunga, no
kongera kubaka igihugu.”
Hari
aho muri iki gitabo avuga ati “Buri munyarwanda, kubera ubutwari n’ubushobozi
bwo guhangana n’ibibazo, mukomeza kubaka igihugu gifite intego n’icyubahiro.”
Umwanditsi
arakomeza ati: “Ahazaza b’igihugu, mwibuke ko ubwigenge butaboneka ku buntu;
bugomba gutsindirwa, kurindwa, kandi bukagezwa ku bazaza mu buryo bufite isuku
n’indangagaciro.”
Hategekimana
Richard yashimye kandi abasirikare bose bakomeje gukorera igihugu icyubahiro
n’ubwiyoroshye, ubuyobozi bwa RDF, ba mbere n’ubu, ku kuyobora mu buryo bufite
icyerekezo no gushimangira umuco wo kwiyemeza, ubumwe, no gukorera igihugu
burambye.
Yashimiye
by’umwihariko Perezida Paul Kagame, Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u
Rwanda, ku buyobozi bwe butangaje no kubwira Abanyarwanda ko bashobora
kwiyubakira ejo hazaza bafite icyubahiro n’ubutwari.
Yashimiye
kandi abashakashatsi, abanyamateka, abasirikare ba RDF, abarimu b’uburere mu
baturage, n’abafatanyabikorwa mu iterambere, ku bushakashatsi bwabo, ibiganiro,
n’inyandiko byungura iki gitabo.
Umuryango
we, inshuti, n’abakozi bo muri Africa Oasis Publishing House nabo bashimiwe ku
bufasha n’inkunga mu rugendo rwo kwandika iki gitabo.
Tito
Rutaremara, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye,
yavuze ko iki ari igitabo cyiza kandi cyanditse neza, kigaragaza neza uruhare
rw’ingabo mu iterambere ry’igihugu.
Nyakubahwa Tito Rutaremara yashimiye byimazeyo Bwana Hategekimana Richard ku mpamvu zikurikira: Kuba agitangira kwandika ibitabo yarahereye ku mateka n’ibigwi bya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ni ibitabo byiza yamwanditseho kandi byemejwe gukoreshwa mu mashuri yose yo mu Rwanda.
Yavuze ko iki
gikorwa yakoze cyihariye kuko nta wundi munyarwanda wigeze wandika igitabo ku mateka n’ibikorwa
by’ubutwari bya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika uretse Hategekimana Richard.
Tito yashimiye kandi Hategekimana Richard kuko yandika mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Akomeza
aagira ati “Hategekimana Richard, turamushimira ko yashinze Urugaga rw’Abanditsi mu
Rwanda. Turamushimira ko atoza abakiri bato kwandika ibitabo abinyujije mu
marushanwa yo gusoma no kwandika ibitabo mu mashuri Abanza, Ayisumbuye ndetse
na Kaminuza.”
“Ikindi
cyo kumushimira ni uko yanditse ku ngabo zacu za RDF, ingabo zubatswe n’Abanyarwanda
barangajwe imbere na Nyakubahwa Umugaba w’Ikirenga Paul Kagame. twigiraho
byinshi kandi dukunda.”
Nyakubahwa
Tito Rutaremara yasabye abari aho gukomeza kuba kuruhembe rwo kwandikira u
Rwanda nkuko Hategekimana Richard abikora ndetse yemeza ko nihajyaho Politiki
y’Igitabo mu Rwanda (Book Policy) ko bizafasha Uruganda rw’Ibitabo gutera
imbere.
Yanavuze ko mu masomero y’Amashuri ko hakwiriye kuba harimo ibitabo byanditswe mu rurimi rw’Ikinyarwanda, byanditswe ku budasa bw’u Rwanda, “kuba rero bitarimo ni bwa bukoroni dukwiriye gukomeza kurwanya”.
Hon. Dr. Tito Rutaremara wari Umushyitsi Mukuru, yashimye indangagaciro ziranga Hategekimana Richard zirimo kugira ishyaka, gukotana, gukora icyo yiyemeje akakigeraho, guharanira ko ibyiza by’u Rwanda byandikwa n’izindi, bityo ko amusaba gukomereza muri uwo murongo.
Ibi
byanagarutsweho n’Abanditsi bagaragaje ko iki kibazo gikwiriye gukemuka nkuko
iteka bigarukwaho na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Hategekimana
avuga ko iki gitabo cyanditswe kubera uruhare rwa RDF, abaturage b’u Rwanda,
ndetse n’isi yose mu kugarura amahoro n’iterambere, kandi kizasomwa n’abantu
batandukanye, yaba abanyeshuri, abayobozi, abasirikare, ndetse n’abashaka
kumenya amateka y’u Rwanda n’uruhare rw’ingabo mu kubaka igihugu.
Richard
Hategekimana ashimangira ko iki gitabo ari uburyo bwo guha agaciro intwari
n’abasirikare, no kugaragaza uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu, amahoro,
ubumwe, n’imiyoborere myiza.


Richard
Hategekimana mu muhango wo kumurika igitabo cye gishya “The Force Behind the
Vision: RDF and Rwanda’s Development Agenda 2025” kigaragaza uruhare rwa RDF mu
iterambere ry’u Rwanda





Sina Gerard, Umwanditsi w'ibitabo akaba na Rwiyemezamirimo yashyigikiye mugenzi we Hategekimana Richard wongeye kumurika igitabo yanditse

Umwanditsi akaba n'uwashinzwe Goodrich TV, Dr Francis Habumugisha yitabiriye umuhango wo kumurika iki gitabo kivuga ibigwi bya RDF

Abagize itorero 'Urukatsa' basusurukije abitabiriye uyu muhango binyuze mu ndirimbo zisingiza Intwari z'Igihugu n'izindi
Kanda hano urebe Amafoto menshi yaranze iki gikorwa cyo kumurika igitabo cya Richard Hategekimana
AMAFOTO: Dox Visual/ InyaRwanda.com
