Mu
butumwa yashyize kuri konti ye ya X (yahoze ari Twitter), DJ Sonia yavuze ko ashimira
byimazeyo Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Colonel Pacifique Kayigamba Kabanda,
n'abakozi bose b'uru rwego, kubera umwanya bamuhaye bakamwumva ndetse
bakamwizeza ko ikibazo cye kizitabwaho uko bikwiye.
Yagize
ati: "Ndashimira mbikuye ku mutima Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Colonel
Pacifique Kayigamba Kabanda, n'abakozi bose b'Urwego rw'Igihugu
rw'Ubugenzacyaha, bafashe umwanya wo kwakira ikibazo cyanjye, bakanyumva kandi
bakanyizeza ko dosiye yanjye izitabwaho uko bikwiye."
Yakomeje
ashimira Abanyarwanda bose bamubaye hafi nyuma yo gusangiza abantu ibibazo yari
amaze igihe ahura na byo.
Ati: "Ndashimira kandi byimazeyo buri Munyarwanda wasomye ubutumwa bwanjye,
akanyereka urukundo, akamba hafi muri ibi bihe bitoroshye. Kuba nzi ko ibibazo
byanjye byumviswe, ko dosiye yanjye iri gufatanwa uburemere kandi ko ubuzima
bwanjye butakiri mu kaga kihuse, byampaye amahoro yo mu mutima. Murakoze mwese
ku nkunga yanyu. Imana ibahe umugisha kandi ubutabera bukorwe."
Ubu
butumwa buje nyuma y'uko DJ Sonia aherutse kubwira InyaRwanda ko ikibazo cyo
gusebwa no guharabikwa atari icy'ubu, ahubwo kimaze imyaka ine, ndetse ko muri
icyo gihe yakomeje kwitabaza inzego z'ubutabera.
Yavuze
ko kuva mu 2023 kugeza mu 2026 yatanze ibirego bitandukanye muri RIB, ariko
akavuga ko atari yarabona igisubizo afata nk'igihagije.
Yagize
ati: "Ibintu byose bagiye bamvugaho narabitangaga muri RIB. Nabonye ko
bimaze gukomera, ni bwo natangiye no kubivuga ku mugaragaro kugira ngo abantu
bamenye ibyo ndi kunyuramo."
Yanavuze
ko hari abantu yashyikirije RIB akekwaho kugira uruhare mu kumusebya no
kumuharabika, ariko ko kugeza ubu atari yabona bakurikiranwa nk'uko abyifuza.
Ati: "Hari abo najyanye muri RIB, ariko sinigeze mbona bakurikiranwa. Ubu
ndasaba ko ibyo birego byakurikiranwa kuko ibintu bimaze gufata indi ntera,
kugeza aho banshyiraho n'ibikangisho."
DJ
Sonia yavuze kandi ko abantu bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa barenga
batanu.
Yagize
ati: "Kuva mu 2023, 2024, 2025 na 2026, nagiye ntanga ibirego bitatu
bitandukanye. Nari narabigize ibanga, ariko ubu ndambiwe kubikora mu bwiru.
Ndashaka ko abantu bamenya ko hari ibyo nari nkiri gukurikirana, n'ubwo nta
cyari cyaragaragara."
DJ
Sonia ni umwe mu bakobwa bake bageze ku rwego rwo kwigaragaza mu mwuga wo
kuvanga imiziki mu Rwanda, umwuga wari usanzwe ugaragaramo abagabo benshi. Kuba
ari umuntu uzwi cyane bituma amakuru amuvugwaho akwirakwira vuba, yaba ari
ukuri cyangwa ibihuha.
Mu
Rwanda, ibikorwa byo gusebya, guharabika cyangwa guhoza umuntu ku nkeke
hifashishijwe imbuga nkoranyambaga bihanwa n'amategeko. Itegeko nº 60/2018 ryo
gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga riteganya ko umuntu uhoza
undi ku nkeke cyangwa akamukurikirana akoresheje ikoranabuhanga
(Cyber-stalking), ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y'amezi atandatu
n'imyaka ibiri, ndetse agacibwa n'ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe na
miliyoni ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda.
Dj
Sonia yashimye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakiriye ikirego,
avuga ko ubu yabonye amahoro mu mutima
