Umuvugizi wa RIB, Dr.
Murangira B Thierry yahamije amakuru y'itabwa muri yombi rya Jacky wari umaze
iminsi yumvikana cyane ku mbuga nkoranyambaga, ashimangira ko akurikiranweho
ibyaha bine birimo ibikorwa by'ibiterasoni mu ruhame no gutangaza amakuru
y'urukozasoni hakoreshejwe mudasobwa, gutukana mu ruhame no gushyira
ahagaragara amashusho yerekeranye n'imikoreshereze y'ibitsina.
Mu kiganiro yagiranye na
CHiTA Magic, yagize ati: "Ni byo Usanase Sharon uzwi nka Jacky yafashwe,
akaba yarafashwe ejo, akaba agiye gukurikiranwa afunzwe, akurikiranweho gukora
ibikorwa by'ibiterasoni mu ruhame no gutangaza amakuru y'urukozasoni
hakoreshejwe mudasobwa, gutukana mu ruhame, gushyira ahagaragara yerekeranye
imikoreshereze y'ibitsina, akaba ari ibyaha agiye gukurikiranwaho."
Dr Murangira yakomeje
avuga ko uyu mukobwa afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Gikondo mu gihe agikorerwa dosiye ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Yavuze ko mu
byaha akurikiranweho, harimo ibihanishwa igihano cy'igifungo kuva ku myaka
itatu kugera kuri itanu, ndetse n'ibindi bihanishwa kuva ku mezi atandatu
kugera ku myaka ibiri hakiyongeraho n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda kuva kuri
miliyoni imwe kugera kuri miliyoni icumi.
Yasobanuye ko bigeze
kumwigisha mu matariki nk'aya mu mwaka ushize, ndetse uru rwego
rw'Ubugenzacyaha rugakomeza kumugira inama ndetse no kumwihanangiriza inshuro nyinshi ariko agakomeza kwinangira no gutanga ibiganiro 'by'umwanda' mu bitangazamakuru
binyuranye byiganjemo ibikorera kuri YouTube.
Hasobanuwe ko impamvu agiye gukurikiranwa afunze ari uko 'bigaragara ko ari umuntu winangiye, kandi aguma gukora ibikorwa birimo ibigize ibyaha."
Yavuze ko ikigiye
gukurikiraho ari ukujya bakurikirana n'abamuha ibiganiro hirya no hino mu
itangazamakuru kuko na bo baba ari abafatanyacyaha. Ati: "Ubu ikigiye
gukurikiraho ni uko na bo bagiye kujya bakurikiranwaho kuba
abafatanyacyaha."
Muri 'YouTube channels'
zihanangirijwe, harimo Gasaro TV, The Choice Live, 3D TV Rwanda imaze
kwihanganirizwa inshuro nyinshi gutanga urubuga ku bantu bakora ibyaha nk'ibyo
Jacky akurikiranweho, Slim Jesus TV, Iris TV, 5to5 TV Rwanda, BigTown TV Saneza
TV Show, ndetse na Jacky wi Rwanda.
Uyu muvugizi wa RIB yasabye iyi miyoboro yose ndetse n'iyindi gusiba 'mu maguru mashya' ibiganiro byose bagiranye na Jacky bigaragaramo amagambo ndetse n'ibikorwa bigize ibyaha akurikiranweho.
Ibi bitangajwe nyuma y'umunsi umwe Dr. Murangira akomoje kuri
Jacky, aho yagaragaje ko ibyo umuntu avugira ku mbuga nkoranyambaga bigaragaza uwo
ari we nta gushidikanya. Bikerekana ikigero cy’indero ye, uwo ari we, ikinyabupfura
afite ku Banyarwanda n’ibindi.
Ati: “Hanyuma mwebwe
mwitwa ko mwasomye, biriya nibyo mwumva mwageza ku Banyarwanda? Abo ngaya ni
abo. Ariko noneho nabo ndabihanangiriza, biriya ni ugukwirakwiza ariya mafuti.
Ni mwe mumuha rugari, ariko turaza kubihagurukira. Ni ukuri. Niba biriya bintu
by’umwanda aribyo mugiye kujya mushyira hanze, mwarangiza mugahereza ababareba
nabyo turaza kubihagurukira."
Yakomeje agira ati “Uwo
uri we wese mu gihe ufite ‘camera’ cyangwa se imbuga nkoranyambaga, hari
inshingano ufite ku baturage, z’uko udakwiriye gukwirakwiza uriya mwanda.
Abantu bakabiseka "ukumva yagiye kuri ‘space’."
Yakomeje avuga ko
abakoresha imbuga nkoranyambaga inama yabagira ari ukuzikoresha neza, bubaha
abanyarwanda. Agaragaza ko amatiku adacuruza.
Ati: “Buriya gucuruza
amatiku, ni nk’umuriro w’ibipapuro, uraka "nyuma y’amasegonda ukazima. Hari abo
twabonye bavuye mu nzira. Buriya iyo utashye wiriwe muri biriya ubwira abana
bawe ko uvuye mu biki? Uzi ko mu bantu uha uriya mwanda n’abana bawe barimo? Byanga
bikunze!"
Jacky amaze igihe kinini avugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mukobwa yatangiye ashyira hanze amafoto yambaye ubusa buri buri, mu mwaka ushize. Nyuma yagiye yumvikana mu biganiro avuga amagambo y’urukozasoni.
Uyu mukobwa ubu ari
kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo guhimba ikinyoma cy’uko yambitswe
impeta, ubu akaba yagarutse yandagaza umugabo witwa Stivo bivugwa ko yari
yayimwambitse, amuvugaho amagambo akomeye yerekeye amabanga yo mu gitanda.
RIB yataye muri yombi Jacky nyuma yo kumwihanangiriza inshuro nyinshi ariko agakomeza kwinangira
![RIB yataye muri yombi Jacky [Usanase Sharon] waburiwe kenshi akinangira](https://media.inyarwanda.com/news/202412/images/screenshot-20241205-181212-2-4266561733415835.jpg)