RIB yakiriye ibirego 4,138 by’abana basambanyijwe; abafite imyaka 14-17 baribasiwe cyane

Amakuru ku Rwanda - 26/05/2026 6:24 AM
Share:

Umwanditsi:

RIB yakiriye ibirego 4,138 by’abana basambanyijwe; abafite imyaka 14-17 baribasiwe cyane

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko mu mwaka wa 2024/2025 rwakiriye kandi rugenza ibirego 4,138 by’abana basambanyijwe, rugaragaza ko iki cyaha gikomeje kuba ikibazo gikomeye cyangiza ubuzima bw’abana n’ejo hazaza h’Igihugu.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2026, mu kiganiro yahaye abanyamakuru cyateguwe na Minisiteri y'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango ku bufatanye n’Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha.

Iki kiganiro cyari kigamije gukangurira abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga kugira uruhare mu kurwanya icyaha cyo gusambanya abana, nyuma y’urugendo-shuri rwabereye muri Isange One Stop Center, aho basobanuriwe serivisi zihabwa abakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina n’uburyo bafashwa.

Mu mibare yatangajwe na RIB, abana b’abakobwa ni bo bibasiwe cyane n’iki cyaha kuko bangana na 95.6% by’abahohotewe, mu gihe abahungu bangana na 4.4%.

Dr. Murangira yavuze ko hagati ya Nyakanga na Ukuboza 2024, RIB yakiriye dosiye 2,103 z’abana basambanyijwe, mu gihe hagati ya Mutarama na Kamena 2025 yakiriye dosiye 2,035. Yagaragaje ko ibi byerekana igabanuka rya 3.5%, ringana na dosiye 68 ugereranyije ibyo bihe byombi.

Nubwo habonetse iryo gabanuka, yavuze ko imibare igikomeje gutera impungenge kuko iki cyaha gikomeje kwibasira cyane abana bafite imyaka iri hagati ya 14 na 17, hagakurikiraho abafite hagati ya 0 na 9 ndetse n’icyiciro cy’imyaka 10 kugeza kuri 13.

Yagaragaje kandi ko Intara y’Iburasirazuba ari yo iza imbere mu kugaragaramo iki cyaha ku kigero cya 34%, igakurikirwa n’Intara y’Amajyepfo ifite 21.6%, Umujyi wa Kigali ufite 17.9%, Intara y’Iburengerazuba ifite 17.7%, mu gihe Intara y’Amajyaruguru iza inyuma aho ifite 8.8%.

Mu turere, Gasabo ni yo iza ku isonga ku kigero cya 8.8%, igakurikirwa na Nyagatare ifite 7.7%, Bugesera ifite 5.6%, Rwamagana ifite 5%, ndetse na Kicukiro ifite 4.9%.

RIB yavuze kandi ko abagabo ari bo benshi bakekwaho gukora iki cyaha ku bana b’abakobwa, kuko bangana na 97.1%, mu gihe abagore bakekwaho gusambanya abana bangana na 2.9%.

Dr. Murangira avuga ko 96.5% ni abana b'abakobwa bahohotewe, naho igitsina gabo cyahohotewe bangana na 3.5%.

Abagore bacyetsweho gusambana abana bangana na 2.5%. Ni mu gihe abagabo bacyetsweho gusambana abana bangana na 97.5%.

Dr. Murangira yibukije ko gusambanya abana ari icyaha gikomeye kandi kidashobora kwihanganirwa, ashimangira ko ari icyaha kidasaza ku buryo uwagikoze ashobora kuzabihanirwa igihe icyo ari cyo cyose ibimenyetso bibonetse.

Ati: “Ni icyaha kidasaza. Uzagikora, yihisha he, Igihe ibimenyetso byose bizabonekera azafatwa. Ababikora bakwiriye kumva uburemere bwacyo.”

Yanagaragaje ko iki cyaha kidakomeretsa umwana ku mubiri gusa, ahubwo kimunga imitekerereze ye, kikamwangiriza ubuzima ndetse n’ejo hazaza he.

Muri ubu bukangurambaga, abanyamakuru basabwe gukoresha imbaraga z’itangazamakuru bafite mu gukumira no kwamagana iki cyaha, hagamijwe kurinda abana no gukomeza kubaka umuryango nyarwanda utekanye.

Ubu bukangurambaga ku kurwanya gusambanya abana bizakomereza mu turere dutandukanye tw’Igihugu ku bufatanye bwa RIB, AHF Rwanda na Rwachi.


RIB yatangaje ko abangavu bafite hagati y’imyaka 14 na 17 ari bo bibasiwe cyane n’icyaha cyo gusambanywa, yibutsa ko uwagikoze ashobora gukurikiranwa igihe icyo ari cyo cyose ibimenyetso bibonetse

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO UMUVUGIZI WA RIB YATANZE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...