RIB yagaruje telefone zihagaze Miliyoni 40 Frw

Inkuru zishyushye - 19/06/2026 4:35 PM
Share:

Umwanditsi:

RIB yagaruje telefone zihagaze Miliyoni 40 Frw

Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha, RIB, rwagaruje telephone 140 zari zibwe, runata muri yombi bamwe mu bagize uruhare mu iyibwa ryazo. Izagarujwe zari zifite agaciro ka Miliyoni 40 Frw.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Kamena 2026, kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Muri iki gikorwa, RIB yerekanye telefone zari zaribwe mu bihe bitandukanye, nyuma y'uko abazibwe bari baratanze ibirego. Uru rwego rwanerekanye abantu bakekwaho kugira uruhare muri ubwo bujura, barimo umusore w'imyaka 21.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yasabye abaturage kwitondera telefone bagura, kuko hari igihe ziba ari zimwe mu zibwe.

Yagize ati: "Niba uguze telefone yakoze ukayigura n'umuntu utazi, bishoboka cyane ko wayiguze n'umujura. Mbere yo kugura telefone yakoze, banza ushishoze umenye uwo uyiguzeho kandi umenye niba ari nyirayo. Bitabaye ibyo, ushobora guhomba."

Yanibukije abafite amaduka acuruza telefone gukora ibishoboka byose bakamenya abantu babagemurira ibyo bikoresho.

Muri iki gikorwa kandi, RIB yanerekanye abandi bantu umunani bakekwaho ibyaha by'ubwicanyi byabereye mu Karere ka Bugesera.

Yavuze ko ibi byaha byakozwe mu ntangiriro z'uyu mwaka, ahanini bikomoka ku mpamvu zitandukanye zirimo amakimbirane yo mu miryango, ay'abashakanye ndetse n'amakimbirane ashingiye ku mitungo mu mirenge itandukanye.

Yavuze ko muri ibyo byaha, ibyiganjemo ari ukwihanira, asaba abaturage kujya begera inzego zibifitiye ububasha zirimo Polisi y'u Rwanda, RIB n'izindi nzego zibishinzwe, aho kwifatira amategeko mu maboko.

Yagize ati: "Ntukemere ko uburakari bukugusha mu cyaha. Jya ugana inzego zibifitiye ububasha aho kwihanira."

Icyaha cy'ubwicanyi gihanwa n'Ingingo ya 107 y'Itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, aho uwagihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo cya burundu.

Naho icyaha cy'ubujura gihanwa n'Ingingo ya 166, aho uwagihamijwe ashobora guhanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka ibiri, ndetse n'ihazabu iri hagati ya Miliyoni imwe na Miliyoni ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yasabye abaturage kwitondera telefone bagura, kuko hari igihe ziba ari zimwe mu zibwe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...