Iperereza
ryagaragaje ko ukurikiranweho, yabaga ku rubuga rwa WhatsApp rwitwa 'shaka
umukunzi' hakaba haranacishwaga amatangazo y'akazi n'abagakeneye.
Igihe yabonaga umukobwa wanditse muri uru rubuga avuga ko akeneye akazi, Habarurema yacaga
mu gikari bakavugana akamubeshya ko akazi ashaka yakamuboneye i Shyorongi.
Iyo
bemeranywaga, yaboherezaga itike akababwira ko bahura hanyuma akabashuka
akabajyana mu gashyamba kari hafi y'aho atuye akabasambanya akanabambura ibyo
bafite byose amaze kubatera ubwoba ko abica.
Uyu
yafashwe amaze gushuka no gusambanya abakobwa batandukanye harimo n'utaruzuza
imyaka y’ubukure, hakaba hari ababashije kumucika atarabasambanya aho umwe
yanatewe icyuma agerageje kumurwanya.
Aba
bakobwa yakoreshaga imibonano mpuzabitsina ku gahato babaga bavuye mu bice
bitandukanye by'Umujyi wa Kigali, Akarere ka Kamonyi na Bugesera.
Habarurema
akaba akurikiranyweho ibyaha bitatu ari byo; gukoresha undi imibonano
mpuzabitsina ku gahato, ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi no gusambanya
umwana.
RIB
yashimye abatanze amakuru kugira ngo uyu afatwe, inaburira n'undi wese waba
afite imigambi yo gukora ibyaha nk'ibi kuyihagarika kuko bitihanganirwa.
Irakomeza
kuburira abantu ibasaba gukomeza kugira amakenga, bakirinda kwizera
ababashukisha cyangwa ababizeza ibintu bitandukanye birimo akazi.

Habarurema
Jean D’amour yatawe muri yombi akurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina
ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi
