René Patrick yabwiye Tracy Agasaro amagambo asize umunyu mu kumwifuriza isabukuru y’amavuko

Imyidagaduro - 12/09/2026 9:36 AM
Share:

Umwanditsi:

René Patrick yabwiye Tracy Agasaro amagambo asize umunyu mu kumwifuriza isabukuru y’amavuko

René Patrick wo mu itsinda rikunzwe cyane rya René & Tracy ryo kuramya Imana, yashimiye Imana ku bw’impano y’umukunzi we, avuga ko ari umugore umutera ishema kandi ufite uruhare rukomeye mu buzima bwe no mu murimo w’Imana.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram, René Patrick yifurije ubuzima bwiza umugore we, amwita umufatanyabikorwa we mu buzima no mu murimo w’Imana.

Yavuze ko ashimira Imana ku bw’impano Tracy ari kuri we ndetse no ku Isi muri rusange, ashimangira ko yishimira cyane umugore agenda aba. 

Ati: “Nshimira Imana cyane ku bw’impano uri kuri njye no ku Isi. Ntewe ishema n’umugore uri kuba kandi nishimira Imana igaragara muri wowe.”

René Patrick kandi yashimiye umukunzi we ku byo amukorera byose ndetse n’uruhare agira mu buzima bwe, amushimira kuba ari umukunzi we, inkingi imushyigikira ndetse n’umuntu umutera imbaraga.

Yavuze ko Imana yari izi uwo ari we na mbere y’uko isi ishingwa, ndetse ikaba yaramutoranije muri Kristo kugira ngo abe umugisha ku Isi. Yongeyeho ko yishimira kubona umugambi Imana yari imufitiye ugenda ugaragara umunsi ku munsi.

Mu butumwa bwe, René Patrick yamwifurije gukomeza kugira ubumenyi bwimbitse kuri Yesu Kristo, kumumenya no kugira ubunararibonye bwinshi muri We, kurushaho kumwiyegurira no gukomeza kugirana na We imishyikirano yimbitse.

Yasoje asabira umugore we ko Kristo yarushaho kugaragara muri we kurusha mbere, amubwira ko amukunda kandi amwita “isaro” rye ry’agaciro.

Tracy Agasaro yakozwe ku mutima n'aya magambo asize umunyu yabwiwe n'umugabo we, avuga ko amukunda kuruta uko amagambo yabisobanura. Yavuze kandi ko René ari impano iruta izindi yahawe n'Imana.

René & Tracy bakunzwe mu ndirimbo "Jehovah" na "Imirimo Yawe", baherutse gukora igitaramo gikomeye "In Christ Now Worship Experience" cyabereye muri Camp Kigali ku wa 25 Nyakanga 2026 aho bari batumiye abahanzi batandukanye barimo Bella Kombo, Ebuka Songs, Ben na Chance na Zoravo.

René na Tracy baherutse gukora igitaramo gikomeye ndetse bateguza ko bazajya bagikora buri mwaka

René Patrick yavuze amagambo akomeye ku rukundo afitiye Tracy uri kwizihiza isabukuru y’amavuko

"Nshimira Imana cyane ku bw’impano uri kuri njye no ku Isi." Rene Patrick abwira Tracy


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...