Saràh Phenom yabigarutseho nyuma yo
kuririmba mu gitaramo cya Rema cyabereye muri BK Arena mu ijoro ryo ku wa
Gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Ni igitaramo cyitabiriwe n’ibihumbi by’abakunzi
b’umuziki, aho uyu muhanzi w’Umunya-Nigeria yagaragaje imbaraga nyinshi ku
rubyiniro.
Nyuma y’igitaramo, Saràh Phenom
yashyize amashusho kuri konti ye ya Instagram, avuga ku mbogamizi yahuye na yo
mbere yo kubona umwanya wo kuririmba imbere y’abafana bari bateraniye muri BK
Arena.
Uyu muhanzi yavuze ko hari umuntu
wo muri BK Arena utifuzaga ko ajya ku rubyiniro, nubwo yari yaratangajwe
nk’umwe mu bari bateganyijwe kuririmba muri iki gitaramo.
Yasobanuye ko ikibazo cyabaye
gikomeye ku buryo byasabye ko bamwe mu bari kumwe na Rema babigiramo uruhare
kugira ngo abashe kubona umwanya wo kuririmba.
Ati: “Ndashaka kubabwira y’uko hari
umuntu utifuzaga ko njya ku rubyiniro. Kugeza ubwo abo mu ikipe ya Rema
babigiyemo, n’abandi bahanzi baringinga cyane. Ikipe ya Rema yakuyeho ibyo
byose, mbona kujya ku rubyiniro.”
Aya magambo ya Saràh Phenom
yerekana ko kuba yarageze ku rubyiniro bitabaye ibintu byoroshye, kuko ngo
byabanje gusaba ko ikipe ya Rema ndetse n’abandi bahanzi bari muri icyo
gitaramo babigiramo uruhare.
Mbere y’uko ikibazo gikemuka, Saràh
Phenom yari amaze gutangaza ko atari buririmbe muri iki gitaramo.
Ku masaha ya saa mbili z’umugoroba,
uyu mukobwa yari yatangaje ko atakigiye kuririmba, ariko nyuma ibintu byaje
guhinduka maze abasha kugera ku rubyiniro.
Nubwo atigeze atangaza izina
ry’umuntu wavuze ko atagomba kuririmba, yavuze ko uwo muntu yari mu bakozi ba
BK Arena.
Ku rundi ruhande, Saràh Phenom
yashimye cyane ikipe ya Rema, avuga ko ari yo yagize uruhare rukomeye mu gutuma
ikibazo gikemuka.
Nubwo yahuye n’iki kibazo, Saràh
Phenom yavuze ko yishimiye uko yitwaye igihe yari ku rubyiniro ndetse ashimira
abafana bamushyigikiye.
Iki ni kimwe mu bihe byihariye kuri
uyu muhanzi kuko ari bwo bwa mbere yari ataramiye muri BK Arena, kandi akaba
yari imbere y’imbaga y’abantu benshi mu gitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga.
Yasabye ubuyobozi bwa BK Arena
kureba neza uburyo ikibazo nk’iki cyakemurwa mu gihe kiri imbere, kugira ngo
abahanzi baba bateganyijwe kuririmba mu bitaramo batongera guhura n’imbogamizi
nk’iyo avuga ko yahuye na yo.
Saràh Phenom na Rema basanzwe
bafitanye umubano wa muzika
Ikibazo cyabaye muri BK Arena
cyatunguye bamwe mu bakurikiranira hafi umuziki wa Saràh Phenom na Rema, kuko
aba bahanzi basanzwe baziranye kandi bakaba barigeze no gusangira urubyiniro.
Mu 2024, Saràh Phenom yagaragaye ku
rubyiniro hamwe na Rema mu gitaramo uyu muhanzi yakoreye muri Accor Arena i
Paris, mu Bufaransa.
Icyo gihe, Rema yamuhaye umwanya
imbere y’abafana, maze bafatanya kuririmba. Kuba yongeye gutoranywa mu bahanzi
bari gutaramira abitabiriye igitaramo cye i Kigali byagaragazaga ko umubano
wabo mu muziki ukomeje.
Saràh Phenom ni umuhanzi
w’Umunyarwandakazi ukorera umuziki we mu Bwongereza. Yatangiye kumenyekana
cyane mu muziki mu 2024, ubwo yasohoraga EP yise Girl.
Yarushijeho kwitabwaho mu mpeshyi
ya 2024, ubwo Rema yamuhamagaye ku rubyiniro mu gitaramo yakoreye mu Bufaransa.
Kuba umuhanzi ukomeye nka Rema yaramuhaye umwanya imbere y’imbaga byatumye
benshi barushaho kumumenya no gukurikira ibikorwa bye.
Mu minsi ishize, Saràh Phenom
yongeye kuvugwa cyane mu Rwanda ubwo yari i Kigali, aho yahuye n’umuhanzi
w’Umunya-Nigeria Ayra Starr wari waje kuhakorera igitaramo.
Aba bakobwa bombi banagaragaye mu
mashusho yakoreshejwe mu kwamamaza indirimbo Hot Body ya Ayra Starr.
Kugeza ubu, Saràh Phenom ari mu
cyiciro cy’abahanzi bakiri bato bakomeje kwagura umuziki wabo no kuwugeza ku
rwego mpuzamahanga.
Mu ndirimbo ze zagiye zimufasha
kumenyekana harimo Boyfriend in Paris, ndetse n’izindi zitandukanye ziri mu
rugendo rwo kumwubakira izina mu muziki.
Igitaramo cya Rema muri BK Arena
rero cyari kuba undi mwanya ukomeye wo kwigaragaza imbere y’abakunzi b’umuziki
mu Rwanda. Nubwo avuga ko yabanje kubuzwa kuririmba, ikibazo cyaje gukemuka,
abasha kugera ku rubyiniro no gutaramira abari baje kureba Rema.
Ku ruhande rwe, Saràh Phenom
yahisemo kuvuga ku cyabaye no gusaba ko ikibazo nk’iki cyazajya gikemurwa neza,
cyane cyane ku bahanzi baba bamaze gutangazwa ku rutonde rw’abazataramira
abantu mu bitaramo bikomeye.

Saràh Phenom yatangaje ko yari
yabujijwe kuririmba mu gitaramo cy’inshuti ye y’akadasohoka, Rema

Saràh Phenom yavuze ko byasabye ko ikipe ya Rema itanga umusanzu wayo kugirango aririmbe muri iki gitaramo





