Reka kunywa icyuma ahubwo terura icyuma – Minisitiri Mukazayire abwira Urubyiruko

Imyidagaduro - 18/09/2026 7:24 AM
Share:

Umwanditsi:

Reka kunywa icyuma ahubwo terura icyuma – Minisitiri Mukazayire abwira Urubyiruko

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda guhitamo ibikorwa bibafitiye akamaro birimo siporo, aho gukoresha ibinyobwa bitemewe bizwi nka ‘ibyuma’ bishobora kugira ingaruka ku buzima.


Mukazayire yatangaje ubu butumwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Nzeri 2026, abinyujije ku rukuta rwe rwa X, aherekeza amagambo ye n’amashusho amugaragaza ari gukora imyitozo ngororamubiri.

Mu butumwa bwe bugenewe cyane cyane urubyiruko, Minisitiri Mukazayire yakoresheje imvugo ishingiye ku ijambo ‘icyuma’, ariko arihindurira ibisobanuro kugira ngo atange ubutumwa bwo kwirinda ibinyobwa bitujuje ubuziranenge.

Yagize ati: “Waramutse Rwanda cyane cyane urubyiruko! Ubutumwa bw’umunsi: Reka kunywa icyuma ahubwo terura icyuma!”

Yasobanuye ko siporo ari imwe mu nzira umuntu ashobora gukoresha mu kubaka umubiri ndetse no gukomeza ubushobozi bwo gutekereza no gukora neza.

Ati: “Ubaka umubiri n’ubwonko bwawe ubiha ibigufasha gukora no gutekereza neza kandi ntakiruta siporo kuri iyo ngingo!”

Ubu butumwa bwa Minisitiri Mukazayire buje mu gihe siporo ikomeje gushishikarizwa abaturage nk’igikorwa gifasha kubungabunga ubuzima, kongera imbaraga z’umubiri no kugira imibereho myiza.

Mu mashusho yashyize hanze, Minisitiri Mukazayire yagaragaje ko ubutumwa yageneye urubyiruko bitari mu magambo gusa, kuko na we ari mu bakora imyitozo ngororamubiri.

Yagaragaje ko na we yagerageje kongera ubushobozi bwe mu guterura ibiremereye, aho yavuye ku bilo 12 akagera ku bilo 14. Ati “Gira intego yo gutera intambwe irushijeho mu byo ukora byose. Nanjye nagerageje kuva kuri 12kgs njya kuri 14kgs, uko byangendekeye nzabibara ubutaha ariko ntakucika intege.”

Muri aya magambo, Mukazayire yashishikarije urubyiruko kutanyurwa n’aho rugeze, ahubwo rukagira intego yo gukomeza gutera imbere mu byo rukora, yaba mu myitozo ngororamubiri, mu kazi, mu mashuri cyangwa mu bindi bikorwa byubaka ubuzima.

Imvugo “Reka kunywa icyuma ahubwo terura icyuma” Minisitiri Mukazayire yakoresheje ni ubutumwa bugufi ariko bugamije gukangurira urubyiruko guhitamo ibikorwa bibafasha kwiyubaka aho kwishora mu ngeso zishobora kubagiraho ingaruka.

Yibanze ku kuba siporo idafasha umubiri gusa, ahubwo inagira uruhare mu gutuma umuntu agira imbaraga no gukora neza mu buzima bwa buri munsi.

Kuri Mukazayire, kwiyubaka bisaba guha umubiri n’ubwonko ibyo bikenera kugira ngo umuntu abashe gukora no gutekereza neza, ari na yo mpamvu asanga siporo ikwiye kuba imwe mu ngeso za buri munsi.

Ubutumwa bwe kandi buhuza siporo n’umuco wo kugira intego no gushaka gutera imbere, ashingira ku rugero rwe bwite rwo kuva ku guterura ibiro 12 akagera kuri 14.

Ni ubutumwa yageneye cyane cyane urubyiruko, ariko bukaba bunareba buri wese ushaka kugira ubuzima bwiza no gukomeza gutera imbere binyuze mu bikorwa byubaka.

 
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye urubyiruko gukora siporo cyane, bakirinda ibinyobwa bitujuje ubuziranenge



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...