Patrick Munini umuyobozi wa Rehoboth Ministries,yatangarije Inyarwanda.com ko kuri iki cyumweru kuwa 6 Werurwe 2016 bafite igitaramo cy’ivugabutumwa kizabera muri gereza nkuru ya Kigali. Usibye iryo vugabutumwa, bazakora n’ibikorwa by’urukundo aho bazatanga ibyo kurya, ibikorsho by’isuku ndetse hakazabaho no gusabana. Ati:
Rehoboth Ministries dufite igitaramo cy’ivugabutumwa muri gereza nkuru ya Kigali 1930 ejo bundi ku cyumweru. Tuzakoramo n’ibikorwa by’urukundo kuko hari ibiryo tuzajyana,ibikoresho by’isuku(amasabune,Omo,Papier hygienic,…) ndetse hazabaho no gusabana n’abagororwa.
Nyuma yo kuva muri iryo vugabutumwa rizabera muri gereza nkuru ya Kigali, mu minsi izakurikiraho Patrick Munini yadutangarije ko Rehoboth Ministries iteganya kuzakora na none ivugabutumwa muri gereza aho bashobora kuzajya muri gereza ya Rusizi cyangwa se iya Rubavu. Bateganya kandi kuzajya muri Congo Kinshasa kuwa 24 kugeza kuwa 26 Nyakanga 2016 naho bakahakora igitaramo.

Bamwe mu bagize Rehoboth Ministries
REBA HANO "UMWEMA" YA REHOBOTH MINISTRIES
