Kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 7 Kanama
2026 ni bwo i Kigali hazatangira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026.
Kuri uyu wa Gatanu saa Yine muri Stade Amahoro ni bwo
habaye tombora y’uko amakipe azahura muri iri rushanwa ritegurwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika
y’Iburasirazuba n’iyo Hagati (CECAFA).
APR FC izaba ihagarariye u Rwanda yisanze mu itsinda
A aho iri kumwe na Vipers yo muri Uganda, Gor Mahia yo muri Kenya na FC Garde
Républicaine yo muri Djibouti.
Ni mu gihe Rayon Sports yo yisanze mu itsinda C
aho iri kumwe na Al Hilal yo muri Sudani, Tusker FC yo muri Kenya na KVZ FC yo
muri Zanzibar.
Mu itsinda B ho harimo Singida FC na Simba SC zo
muri Tanzania, Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo na Mogadishu City FC yo muri
Somalia.
Mu 2025, muri CECAFA Kagame Cup yabereye i Dar es
Salaam muri Tanzania, APR FC yahagarariye u Rwanda yegukanye umwanya wa gatatu,
mu gihe igikombe cyatwawe na Singida Black Stars.
Iri rushanwa rya CECAFA Kagame Cup riterwa inkunga na Perezida Paul Kagame
kuva mu 2002, ryaherukaga kubera mu Rwanda mu 2019.
Haruna Niyonzima wayoboye tombora ya CECAFA Kagame Cup 2026 yakiniye ikipe y’igihugu y’u
Rwanda, Amavubi, ndetse anakinira Rayon Sports na APR FC zihagararira u Rwanda
muri iri rushanwa, anakinira Simba SC yo
muri Tanzania izarikina bwa mbere nyuma y’imyaka umunani.

Rayon Sports iri mu itsinda rimwe na Al Hilal yo muri Sudani mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026

Uko tombola yagenze
