Rayon Sports yerekeje muri Tanzania ikubita agatoki ku kandi - VIDEO

Imikino - 24/09/2025 8:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Rayon Sports yerekeje muri Tanzania ikubita agatoki ku kandi - VIDEO

Ikipe ya Rayon Sports yerekeje muri Tanzania aho agiye gukina umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup 2025, iteguza ko igiye guhangana.

Ku wa Gatandatu saa kumi Nebyiri kuri Azam Complex Stadium nibwo ikipe ya Singida Black Stars FC izakira Rayon Sports mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup  ya 2025.

Ni nyuma y’uko umukino ubanza wabereye kuri Kigali Pele Stadium iyi kipe yo muri Tanzania yawutsinzemo igitego 1-0. Murera yafashe indege yerekeza muri Tanzania kuri uyu wa Gatatu.

Niyonzima Olivier Sefu yavuze ko biteguye kujya guhangana ndetse uko batsindiwe mu rugo ari nako batsindira hanze.

Yagize ati” Tumeze neza turashima Imana nta kibazo dufite twiteguye kujya guhangana tukareba ko twabona itike. Mu mukino ubanza ntabwo byagenze neza kuko ntabwo twabonye umusaruro twagombaga kubonera mu rugo ariko biracyashoboka kuba baradutsindiye mu rugo natwe twabatsindira hariyo.”

Yavuze ko ikibijyanye ari ukubona intsinzi no kubona itike kandi ko yizera ko bizagenda neza hamwe n’Imana.

Rutahizamu Habimana Yves nawe yavuze nta kindi kibajyanye kitari ugutsinda. Ati”Icyo nababwira n’uko tugiye gushyira umutima ku kazi Kandi ndizera ko bizagenda neza,abakunzi ba Rayon Sports turabizeza ko tugiye gukora igishoboka cyose tukaba twabona itike”.  

Abakinnyi Rayon Sports yajyanye Tanzania 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...